Sheebah Karungiyatangaje ko Winnie Nwagi ari umwe mu bahanzikazi bake bagerageje kubunga mu makimbirane amaze igihe afitanye na Spice Diana.
Mu kiganiro cya podcast, Sheebah yavuze ko na we ubwe adasobanukiwe neza inkomoko y’ayo makimbirane ari hagati ye na Spice Diana.
Yasobanuye ko ubwo yahuraga na Winnie Nwagi mu bukwe bwa Bad Black, uyu muhanzikazi yamubajije ikibazo kijyanye n’impamvu y’ayo makimbirane n’uko yavutse, ashaka no kumenya uko yakemurwa.
Sheebah yavuze ko Winnie yamusabye ko yabahuza bombi bakicara kugira ngo bashakire hamwe umuti urambye w’ayo makimbirane.
Ati: “Nahuye na Winnie mu bukwe bwa Bad Black, aramba ati ‘N’ikihe kibazo kiri hagati yawe na Spice Diana?’ Icyo kibazo naragikunze , ni yo mpamvu mukunda. Yabwiye ko yifuza kuduhuriza hamwe tukicara tukarebera hamwe uburyo twakemura icyo kibazo, ariko nanjye nahise mubwirako nanjye nshaka kumenya ikibazo mfitanye na Spice Diana nyir’izina.”
Sheebah yakomeje avuga ko Winnie yagaragaje ko bishoboka ko abafana babo ari bo batiza umurindi ayo makimbirane, ariko we nta bishyigikiye, kuko ashinja Spice Diana kuba yaragiye mu biganiro bitandukanye asebya Sheebah Karungi.
Yashoje agira ati: “Yavuze ko bishoboka ko ari abafana babirinyuma, ariko niba ari bo, kuki Spice Diana ujya mu biganiro agamije kunsebya?”








