Vinka yagize icyo avuga ku makimbirane amaze igihe avugwa hagati ya Spice Diana na Sheebah Karungi , aho yabasabye kureba uko bayakemura mu bwumvikane ubwabo bitarindiriye kujya mu ruhame.
Mu kiganiro yangiranye na Sanyuka Tv, Vinka yavuze ko ku bwe abona ko makimbirane ari hagati ya Sheebah na Diana adakomeye, bityo ko bakwiye kuayakemurira mu bwiru bwabo.
Yagize ati: “Sinkeka ko ayo makimbirane ari hagati y’aba bahanzikazi akomeye, ariko niba akomeye, ntekereza ko bakwiye kuyikemurira ubwabo nta wundi ubyivazemo.”
Ibi bibaye nyuma y’uko Sheebah, abicishije muri podcast ye nshya, yongeye kuvuga ko atishimira imico n’imyitwarire ya Spice Diana, amusaba ko yarekera kugirira ishyari abandi, ahubwo akita ku mugisha we.
Aya magambo yagaragaje ko ubushyamirane hagati y’aba bombi bugihari.
Agaruka ku cyafasha aba bahanzikazi kwiyunga, Vinka yavuze ko atazi neza inkomoko y’ayo makimbirane, ariko nanone aka vuga ko ayo makimbirane adasobanutse bityo atanakwiye kubaho.
Ati: “Sinzi icyateye ayo Makimbirane, ariko mbona adakwiye. Si inshuti zanjye za hafi, ariko nanone Diana njya muvugisha ikindi tujya duhurira mu kazi, cyane ko twese tubarizwa mu mwuga umwe.”
Kugeza ubu, Spice Diana ntaragira icyo avuga ku magambo Sheebah yavugiye muri Podcast, nubwo abafana b’impande zombie bakomeje kujya impaka ku mbuga nkoranyambaga.









