Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.
Uyu mukino wa nyuma wabereye muri Turkey ku wa 20 Gicurasi 2026.
Aston Villa yatangiye umukino isatira cyane. Abakinnyi barimo John McGinn na Emiliano Buendía babonye uburyo bwinshi ariko ntibabubyaza umusaruro hakiri kare.
Ku munota wa 41, Youri Tielemans yafunguye amazamu nyuma y’umupira wari uvuye kwa Morgan Rogers.
Nyuma y’iminota ibiri gusa, Buendía yongeye gutsindira Aston Villa igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yateye ari hanze y’urubuga rw’amahina.
Igice cya mbere cyarangiye Aston Villa iyoboye umukino n’ibitego 2-0.
Mu gice cya kabiri, Freiburg yakomeje kugorwa no kubona uburyo bwo gusatira. Ku munota wa 57, Morgan Rogers yatsinze igitego cya gatatu cyashimangiye intsinzi y’ikipe ye.
Mu minota ya nyuma, umutoza Unai Emery yakoze impinduka zitandukanye yinjiza abakinnyi barimo Douglas Luiz, Tyrone Mings na Jadon Sancho.
Umukino warangiye Aston Villa yegukanye Europa League bwa mbere mu mateka yayo.
Ku ruhande rwa Unai Emery, yakomeje kwandika amateka muri iri rushanwa. Uyu mutoza amaze kuritwara inshuro eshanu. Yaryegukanye gatatu ari muri Sevilla FC ndetse anaritwarana na Villarreal CF mu 2021.
Intsinzi ya Aston Villa yanongereye amahirwe amakipe yo mu England azabona muri UEFA Champions League y’umwaka utaha.
Hari kandi andi mahirwe yo kongeraho amakipe mu gihe Arsenal FC yakwegukana Champions League cyangwa Crystal Palace FC ikegukana UEFA Europa Conference League.





