Kiliziya Gatolika mu Rwanda yatangaje ko yatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita Abatowe, rivuga ko riherutse kwimika uwo ryise “Papa” mushya w’Umunyarwanda.
Ibi byatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho agaragaza abantu bateraniye hamwe bavuga ko bari mu muhango wo kwimika umuyobozi wabo, bamwe bita Papa abandi bakamwita “Umubyeyi w’Abatowe”.
Uwo bayoboye ni Harerimana Faustin, wahawe inkoni, umusaraba na Bibiliya nk’ibimenyetso by’ubuyobozi.
Harerimana asobanura ko buri Mukirisitu Gatolika wabatijwe aba ari “uwatowe”, kandi ko afite ubutumwa yahawe, nubwo bamwe mu bayobozi ba Kiliziya batabwemera. Avuga ko badaharanira gusenya Kiliziya, ahubwo ko bayirimo “neza kurushaho”.
Ati: “Turi abageni biteguye kwimana na Kristu mu ngoma y’urukundo, ubutabera n’amahoro. Ntabwo turwanya Kiliziya, ahubwo turayubaka.”
Icyakora, Kiliziya Gatolika ntiyemera ibyo bikorwa. Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yatangaje ko barimo gukusanya amakuru yose kugira ngo bakureho urujijo.

Yagize ati: “Turimo turabitohoza ngo turebe icyakorwa, dukureho urujijo.”
Bamwe mu bapadiri bagize icyo babivugaho bagaragaza impungenge. Padiri Niyonsenga Theophile yavuze ko niba ibyo bikorwa bishingiye ku mabonekerwa, Kiliziya idashobora kubishingiraho, anaburira ko bishobora kuba ubuyobe.
Na Padiri Mundere Dominique yibajije impamvu abo bantu bakomeza kwitwikira izina rya Kiliziya Gatolika.
Amakuru agaragaza ko iri tsinda ry’Abatowe rifite abayoboke mu Rwanda no hanze yarwo.
Ibi bibaye mu gihe Kiliziya Gatolika mu Rwanda imaze imyaka 125 igeze mu gihugu, ifite abakirisitu barenga miliyoni eshanu, paruwasi 236 n’abapadiri barenga 1,100.
Kwamamaza iyi nkuru byateje impaka nyinshi, aho benshi bategereje icyemezo cya Kiliziya ku by’iri tsinda rikomeje guteza urujijo.










