Sheebah Karungi yasubije ibibazo bimaze iminsi bivugwa, aho byavugaga ku buzima bwe mu rukundo ndetse n’ibyo akunda mu mibanire ye n’abandi.
Mu kinganiro kitwa “Let’s Talk About it.” Sheebah yagarutse ku makuru amaze imyaka avuga ko ari umutinganyi, bitewe n’uko akunze kuvuga nira uburenganzira bw’abagore.
Uyu muhanzikazi yavuze ko adashobora kwisobanura bitewe n’uko bamwe bamufata cyagwa bamuvugaho, ahubwo ko icyi ngenzi kuri we ari umuco n’umutima bya muntu.
Yagize ati: “Nkunda uwo kwiriye gukunda. Nkunda abantu bose muri rusange. Icyo navuga n’uko nkunda by’ubwihariko umuntu mwiza ku mutima.”
Sheebaha yakomeje asobanura ko kuri we ineza, imyitwarire myiza n’urukundo nyarwo ari byo bifite agaciro kurusha ibindi, yagaragaje ko ashobora gukunda umuntu wese utamubangamira cyagwa umugata neza kandi ufite umutima mwiza.
Yongeyeho ati: “Nkunda abantu. Niba ufite umutima mwiza kandi uri umuntu mwiza, ndagukunda. Waba umugabo cyagwa umugore. Nkunda abantu bose. Ariko bamwe babyumva uko ba bishaka.”
Ibi yabivuze agerageza gusibiza abantu bakomeje kuvugaho no kwibaza ku buzima bwe bwite.









