Urubanza ruregwamo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hamwe na bagenzi be batatu, ruri kongera kuburanishwa mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nyuma yo kujuririra igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw buri umwe yakatiwe.
Abaregwa barimo Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta na Kalisa John uzwi nka K John, bahamijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro icyaha cyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwayo.
Mu mwanzuro watanzwe ku wa 27 Gashyantare 2026, urukiko rwagaragaje ko Ishimwe François Xavier yari afite kuri telefoni amashusho y’umugabo uzwi nka Yampano ari mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina, akajya anayasangiza abandi mu matsinda ya WhatsApp, bityo bikaba icyaha cyo kuyakwirakwiza.
Ku ruhande rwa Kwizera Nestor, urukiko rwavuze ko kuba yarasabye ayo mashusho akaza kuyaha Kalisa John na byo byagize uruhare mu kuyakwirakwiza.
Na ho kuri Kalisa John, nubwo nta muntu yigeze ayaha ku buryo bweruye, kuba yarayerekaga abandi byagize uruhare mu cyaha.
Kuri Djihad, umucamanza yagaragaje ko nubwo atari we watanze ayo mashusho ku ikubitiro, kuba yarahaye urubuga abantu 989 bahuriraho rukanasangirwamo ayo mashusho, byagize uruhare mu koroshya ikorwa ry’icyaha.
Byongeye, kuba yarafashe agace gato k’ayo mashusho akakoresha kuri status ya WhatsApp byagaragaje ko yari abizi kandi abyemera.
Nyuma y’icyo cyemezo, Djihad na Nestor bahise bajuririra basaba kugirwa abere, urukiko rwisumbuye rwamaze kwakira ubujurire bwabo.
Urubanza ruteganyijwe kuburanishwa ku wa Mbere, tariki ya 4 Gicurasi 2026 Saa Tatu za mu gitondo.
Iyi dosiye yakomeje kuvugisha benshi mu myidagaduro nyarwanda, aho hari ababona ko ari isomo ku bakoresha imbuga nkoranyambaga nabi, mu gihe abandi bategereje kureba niba ubujurire buzagira icyo buhindura ku gihano cyari cyatanzwe.









