Umugabo wo muri Amerika yakatiwe imyaka ibiri y’igifungo nyuma yo kwiba hard drives zari zibitseho indirimbo za Beyoncé zitarasohoka n’andi makuru y’ibanga y’abari mu ikipe ye.
Yamenye imodoka ayinjiramo
Kelvin Evans w’imyaka 41 yemeye icyaha cyo kwinjira mu modoka no kwiba ibikoresho by’agaciro mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia.
Ibi byabaye muri Nyakanga 2025, mbere gato y’uko Beyoncé atangira ibitaramo bye bya Cowboy Carter Tour muri uwo mujyi.
Polisi yavuze ko Evans yamenaguye ikirahure cy’inyuma cy’imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Wagoneer yari yakodeshejwe n’umubyinnyi Diandre Blue ndetse n’utegura imbyino Christopher Grant.
Abo bombi bagarutse basanga imizigo yabo yibwe.
Indirimbo zari zitarajya hanze
Mu byari biri muri iyo modoka harimo mudasobwa ebyiri za MacBook, écouteurs za Apple, imyenda n’ibindi bikoresho by’agaciro.
Hari kandi hard drives zari zibitseho indirimbo za Beyoncé zitarasohoka.
Christopher Grant yabwiye polisi ko ibyo bikoresho byari birimo amakuru bwite kandi y’ibanga ya Beyoncé.
Kugeza ubu, abashinzwe iperereza ntibarabona hard drives cyangwa bimwe mu bindi byibwe.
Camera zamufashe
Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho ya camera z’umutekano agaragaza imodoka itukura ya Hyundai yari itwawe na Evans ihagarara hafi y’imodoka yibwe.
Andi mashusho yamugaragaje ageze ku nyubako y’amacumbi atwaye amavalisi bikekwa ko yari ay’abari mu ikipe ya Beyoncé.
Polisi yavuze ko mudasobwa zibwe zari zifite uburyo bwo kuzikurikirana, bituma abashinzwe iperereza bamenya aho zari ziherereye.
Ubutabera bwakoze akazi
Evans yemeye icyaha mbere y’uko urubanza rutangira muri iki cyumweru.
Urukiko rwamukatiye imyaka ibiri y’igifungo ndetse n’indi myaka itatu azamara agenweho ijisho nyuma yo gufungurwa.
Yategetswe kandi kutazegera abahohotewe cyangwa aho imodoka yibwe yari ihagaze.
Umunyamategeko we yavuze ko Evans yizeye kubaho ubuzima bwiza no gushaka amafaranga mu buryo bwemewe n’amategeko nyuma yo kurangiza igihano.
Icyamamare cyari mu myiteguro y’ibitaramo
Uku kwiba kwabaye mu gihe ikipe ya Beyoncé yari iri mu myiteguro y’ibitaramo bine bikomeye byabereye kuri Mercedes-Benz Stadium.
Inkuru y’iyibwa ry’indirimbo zitarasohoka yahise ikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru byo muri Amerika.







