Amakimbirane amaze igihe hagati y’abahanzikazi, Sheebah Karungi na mugenzi we Spice Diana, kimwe no kutumvikana hagati mu bafana babo, bisa n’aho aya makimbirane atazarangira vuba, hashingiwe ku magambo Sheebah Karungi yavuze.
Mu mashusho yafashwe muri podcast ye, Sheebah yumvikanye anenga Spice Diana, avuga ko akwiye kunyurwa n’imigisha afite aho guhora arebera ku y’abandi.
Amwe muri ayo mashusho ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, Sheebah avug a ko Spice Diana yuzuye ishyari riterwa no kwifuza imigisha y’abandi, bityo bikamutera kutishimira ibyo afite ubwe.
Yagize ati: “Spice Diana, Imana yaguhaye umugisha. Ukwiye kunyurwa n’imigisha yawe. Rekera kugirira ishyari abandi. Va ku migisha yanjye, va ku migisha y’abandi, kuko iyo ugiriye ishyari imigisha y’abandi, usaga wibagiwe uwawe, kandi kugira ishyari bitera urwangano.”
Sheebah, yahoze abarizwa muri Team No Sleep, yakomeje avuga ko Spice Diana akwiye gusobanukirwa ko buri wese agira igihe cye cyo kugera ku ntsinzi, kandi ko amahirwe, umugisha bitangana.
Yagize ati: “Ni ishyari. Nanjye navukanye iryo shyari, ariko uko ugenda usobanukirwa ko ari igihe cy’undi muntu, hari gihe umara imyaka 20 ushakisha ariko bikanga, hanyuma bikaza mu myak ibiri gusa, icyo gihe nibwo usobanukirwa umugisha wawe.”
Yashoje ashimangira ko buri muntu afite umugisha we bwite, kandi ko nta mpamvu yo kwifuza cyagwa kugirira ishyari iby’abandi bafite, ahubwo ko ubakwiye guhaguruka ugakora cyane na we ukabigeraho.









