• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 24, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubutabera

USA: Umugabo arakekwaho kurasa abana umunani, barindwi muri bo bari abe

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umugabo w’imyaka 31 witwa Shamar Elkins arakekwaho kurasa abana umunani, barindwi muri bo bikekwa ko ari abe bwite, mu gitero cyabereye mu Mujyi wa Shreveport muri Leta ya Louisiana.

Ibi byabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 19 Mata 2026, aho Polisi yatangaje ko ari kimwe mu byaha bikomeye byibasiye abana bimaze iminsi bibaye muri United States.

Amakuru y’ibanze agaragaza ko mu bapfiriye muri iki gitero harimo abahungu batatu n’abakobwa batanu bari mu kigero cy’imyaka hagati ya itatu n’11. Abana barindwi muri bo bari basangiye ababyeyi, mu gihe undi umwe wari wapfuye yari mubyara wabo.

Muri icyo gitero kandi, umuhungu w’imyaka 13 yabashije kurokoka nyuma yo gusimbuka ava hejuru y’inzu agahunga.

Nubwo yakomeretse, amakuru agaragaza ko ibikomere bye bidakanganye. Abagore babiri na bo bakomerekeye muri iri raswa, aho umwe muri bo ari nyina w’abo bana barindwi, bikekwa ko ari we uyu mugabo yabanje kurasa mbere yo kujya aho abana bari bari kumwe n’undi mugore akabarasa.

Polisi yatangaje ko abo bagore bombi bakomeretse bikomeye, bakaba barimo kwitabwaho n’abaganga.

Kugeza ubu, icyateye ubu bwicanyi ntikiramenyekana, ariko inzego z’umutekano zatangaje ko iperereza rikomeje. Zanasabye abaturage kurushaho kwita ku bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, by’umwihariko ku bantu bagaragaza ibimenyetso by’ihungabana rikabije.

Amashusho yafashwe na camera z’umutekano mu baturanyi, yatangajwe n’igitangazamakuru CNN, agaragaza uyu mugabo asohoka mu nzu yiruka nyuma y’iraswa, agana ku iduka ricuruza amapine riri hafi aho.

Polisi iracyakomeje ibikorwa byo kumushakisha no kumenya neza icyateye iri sanganya rikomeye ryahitanye aba bana.

Previous Post

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

Next Post

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Uganda: Christopher Okello Onyum yategetswe kwiregura nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe

Uganda: Christopher Okello Onyum yategetswe kwiregura nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe

by Alex RUKUNDO
5 hours ago

Urukiko rukuru rwa Kampala rwemeje ko hari ibimenyetso bihagije bisaba ko Christopher Okello Onyum, ukekwaho ubwicanyi bw’abana biciwe mu irerero...

Uganda: Mu rubanza rwa Okello hakomeje gutahurwa ibimenyetso bishya

Uganda: Mu rubanza rwa Okello hakomeje gutahurwa ibimenyetso bishya

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Impuguke mu iperereza ryifashisha ikoranabuhanga muri Polisi ya Uganda Police Force yagejeje imbere y’urukiko amakuru arambuye ku bikorwa byakorewe kuri...

Uganda: Urukiko rwasubukuye urubanza rw’ukekwaho ubwicanyi

Uganda: Urukiko rwasubukuye urubanza rw’ukekwaho ubwicanyi

by Alex RUKUNDO
1 week ago

Urubanza rw’ubwicanye bwaberereye I Ggaba rugiye kongera gusubukurwa ni nyuma y’uko raporo y’abaganga yemeje ko ukekwaho icyaha cy’ubwicanyi, Christopher Okello,...

Next Post
Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Ykee Benda yavuze ku gahinda gakabije yanyuzemo

Ykee Benda yavuze ku gahinda gakabije yanyuzemo

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.