Urubanza rwa DJ Toxxyk rwongeye kuvugisha benshi nyuma y’uko Ubushinjacyaha busabye ko yakatirwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 2,21 Frw.
Uyu musore wamamaye mu kuvanga imiziki, amazina ye nyakuri akaba Shema Arnaud de Bosscher, ari kuburanira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nyuma y’ubujurire bw’Ubushinjacyaha butanyuzwe n’igihano yari yarakatiwe mbere.
DJ Toxxyk yatawe muri yombi muri Ukuboza 2025 nyuma y’impanuka yabereye mu Karere ka Nyarugenge, yahitanye umupolisi wari mu kazi. Mu iperereza ryakurikiyeho kandi, iwe hafatiwe urumogi.
Yaregwaga ibyaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge, guhunga nyuma y’impanuka ndetse no kwanga gupimwa alcohol.
Muri Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwamuhamije ibyo byaha, rumukatira gukora imirimo y’inyungu rusange y’amezi atatu yasubitswe mu gihe cy’amezi atandatu, anacibwa ihazabu ya miliyoni 1,05 Frw.
Icyo cyemezo cyatumye afungurwa, ariko Ubushinjacyaha buhita bujurira.
Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026, Ubushinjacyaha bwavuze ko ibihano yahawe bidahwanye n’uburemere bw’ibyaha yakoze n’ingaruka zabyo.
Bwashimangiye ko hari umuntu wahasize ubuzima, kandi wari umupolisi uri mu kazi, bityo ko igihano cyatanzwe kidatanga ubutumwa bukwiye bwo gukumira ibyaha nk’ibyo.
Ubushinjacyaha bwasabye ko DJ Toxxyk ahanishwa imyaka itanu y’igifungo ndetse n’ihazabu ya miliyoni 2,21 Frw kubera impurirane y’ibyaha.
DJ Toxxyk yabwiye urukiko ko yicuza ibyo yakoze. Yavuze kandi ko yemera icyemezo yari yarafatiwe n’urukiko rw’ibanze.
Abamwunganira mu mategeko bo bagaragaje ko ibihano yatanzwe n’urukiko rwa mbere biri mu biteganywa n’amategeko, kandi ko nta kosa ryakozwe.
Me Uwamahoro Marie Josée yavuze ko ku byaha byose DJ Toxxyk yahamijwe, urukiko rwakurikije amategeko uko ateye.
Yanenze kandi kuba Ubushinjacyaha busaba ibihano bishya kandi bikomeye kurushaho mu rwego rw’ubujurire.
Na Me Murangwa Faustin yashimangiye ko umucamanza afite uburenganzira bwo gutanga igihano gito igihe abona biboneye.
Icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gitegerejwe ku wa 22 Gicurasi 2026 saa saba z’amanywa.








