Ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwiswe BA.3.2, buzwi ku izina rya “Cicada” cyangwa “Chainsaw”, buri gukurikiranwa n’abahanga ku rwego rw’isi. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health Organization (WHO/OMS), rivuga ko ubu bwoko bwamaze kugaragara mu bihugu birenga 20 birimo Amerika, Ubwongereza na Hong Kong.
Nubwo butaragaragaza ubukana budasanzwe, abashakashatsi bavuga ko hari ibimenyetso by’ibanze byerekana ko bushobora kwibasira cyane abana kurusha abantu bakuru.
Cicada ni iki?
“Cicada” ni izina ryahawe ubu bwoko bwa virusi kubera ko bwabonetse nyuma y’igihe kinini busa n’aho bwari bwihishe. Ibi byagereranyijwe n’agakoko kitwa cicada kamara imyaka myinshi kari munsi y’ubutaka mbere yo kugaragara.

Raporo y’ikigo cyo muri Amerika gishinzwe kurwanya indwara, Centers for Disease Control and Prevention (CDC), igaragaza ko ubu bwoko bwagaragaye mu bipimo by’abantu no mu mazi y’imyanda mu bice byinshi bya Amerika.
WHO yashyize BA.3.2 mu rwego rw’amoko ya virusi agomba gukurikiranwa cyane kugira ngo harebwe niba ashobora kugira ingaruka ku buzima rusange.
Kuki bushobora kwibasira abana?
Abahanga bavuga ko bishoboka ko abana bandura cyane kurusha abantu bakuru kubera ubudahangarwa bw’umubiri wabo bukiri hasi.

Umwarimu w’indwara ziterwa na virusi muri University of Cambridge, Prof. Ravindra Gupta, avuga ko abana batigeze bahura n’amoko menshi ya virusi nk’abantu bakuru. Ibi bituma ubwirinzi bw’umubiri wabo budashobora kumenya neza ubu bwoko bushya.
Hari n’abavuga ko impinduka zagaragaye muri za protein za virusi zishobora gutuma icika ku budahangarwa bw’umubiri w’abantu bamwe, cyane cyane abana.
Icyakora abashakashatsi bavuga ko ibi bikiri mu rwego rw’ubushakashatsi kandi bitaremezwa burundu.
Ibimenyetso by’iyi ndwara
Kugeza ubu, nta bimenyetso byihariye byagaragaye ku bwoko bwa “Cicada”. Abanduye bagaragaza ibimenyetso bisanzwe bya COVID-19.
Bimwe muri byo harimo:
- umuriro
- inkorora
- kubabara mu muhogo
- gufungana mu mazuru
- umunaniro ukabije
- kubabara umutwe n’umubiri
- kubura umwuka mu bihe bikomeye
Abahanga bavuga ko virusi ya COVID-19 ikomeza kwibasira uturemangingo tumwe mu mubiri, bityo ibimenyetso bikaba bisa ku moko menshi yayo.
Ese hari impamvu yo guhangayika?
Inzobere mu ndwara zandura zivuga ko kugaragara kw’amoko mashya ya COVID-19 ari ibintu bisanzwe. Virusi ya SARS-CoV-2 ihinduka kenshi uko igihe kigenda.
Nubwo impinduka za BA.3.2 zishobora kugabanya ubushobozi bw’inkingo bwo gukingira neza, abahanga bavuga ko inkingo zigikomeza kurinda abantu uburwayi bukomeye.
WHO ivuga ko kugeza ubu nta kimenyetso kigaragaza ko “Cicada” itera indwara ikomeye cyangwa impfu nyinshi. Abantu bakomeje gusabwa gukomeza kwitwararika no kwivuza kare igihe bagize ibimenyetso.
Abafite ibyago byinshi byo kuremba ni abafite imyaka irenga 65, abafite indwara zidakira cyangwa ubudahangarwa bw’umubiri budakomeye.










