Umuhanzi Fika Gaza yagaragaje agahinda n’umujinya nyuma y’uko indirimbo yakoranye n’umuhanzikazi Sheebah Karungi isibwe kurubuga rwa YouTube nyuma y’igihe gito ishyizwe hanze.
Uyu muhanzi yavuze ko iyi ndirimbo yari maze igihe iri muri Studio, cyane ko ku mpande zombie zari zarumvikanye kuzayishyira hanze mu gihe gikwiye.
Icyakora, Fika Gaza abivuga, gutinda ku iyi ndirimbo byarengeje urugero, bityo yifatira icyemezo cyo kuyishyira hanze ku giti cye.
Yagize: “Nari maze gushyira hanze indirimbo bakoranye na Sheebah, ariko yasibwe kuri YouTube yanjye, mu by’ukuri sinzi uko byageze gusa byarambabaje cyane. Niba bayinubiye, bigatuma ikurwaho simbizi.”
Fika Gaza yasobanuye ko yari yamaze gushora amafaranga menshi kuri iyo ndirimbo, bityo ko gukomeza kuyibika muri studio igihe kirekire byamuteraga igihombo n’umujinya.
Kubera gushaka kugaruza amafaranga yashoye no gukomeza urugendo rwe rwa muzika, yahisemo kuyisohora atabiherewe uburenganzira na Sheebah.
Ati: “Uyu mushinga wari uwacu twembi, yari awukeneye nanjye wushaka ngo ungirire akamaro, ariko twatinze kuwushyira hanze, bituma nifatira icyemezo cyo kubikora njye ubwanjye.”










