Umuhanzi w’injyana ya Reggae na Dancehall, Sama Sojah, uherutse gutumirwa mu kiganiro NRG Ignition kiyobowe na Mr. Henrie, yatangaje impamvu atekereza ko ataraba umwe mu bahanzi bakunzwe cyane muri Uganda.
Yavuze ko kuba ataragira izina rikomeye mu muziki wa Uganda biterwa ahanini n’imiterere y’umuziki akora ndetse n’uburyo wakirwa n’abawumva. Asobanura ko abantu benshi batarasobanukirwa neza cyangwa ngo bumve neza injyana n’ubutumwa buri mu muziki we.
Yagize ati: “Ntabwo ninjiye mu muziki ku bw’impanuka. Nzi neza umuziki kandi narawize ku rwego rwa kaminuza.” Yongeyeho ko afite impamyabumenyi ya Bachelor’s degree mu Muziki n’Ubuhanzi.
Sama Sojah yavuze ko umuziki we usaba urwego runaka rw’ubumenyi n’ubushishozi kugira ngo uwumva awusobanukirwe, kandi ko abashobora kuwusobanukirwa ari bake. Ibi ngo bituma yumva ari ku rwego rutandukanye n’ibiri gukundwa muri iki gihe mu muziki.
Yagize ati: “Turi ku murongo w’umuziki utandukanye.” Yavuze ko akenshi indirimbo zitagira ubujyakuzimu cyangwa ubutumwa bufatika ari zo zikurura abantu benshi, kurusha izo yita “umuziki mwiza.”
Kubera icyizere afitiye impano ye, Sama Sojah yavuze ko hari igihe ahitamo kuguma inyuma gato, kuko adashaka kwivanga n’ibyo yise ubuswa cyangwa ubuciriritse mu muziki.
Yagize ati: “Hari ibintu ubona bibera mu muziki ugatangara, kuko hari abahanzi batumva imbaraga z’ijambo, imbaraga z’umuziki n’ijwi.” Yashimangiye ko impano yo gukora umuziki izana inshingano zikomeye.
Yakomeje asobanura ko umuziki ari igikoresho gikomeye gikwiye gukoreshwa neza, ariko ko hari abahanzi badakoresha neza impano bahawe.
Agereranya n’abandi bahanzi, yagarutse kuri nyakwigendera Paulo Kafeero, avuga ko urwego rw’umuziki rwari kurushaho kuba rwiza iyo abahanzi benshi bagira ubuhanga n’ubuhanzi nk’ubwe.
Sama Sojah yanenze bamwe mu bahanzi bakora indirimbo avuga ko nta gaciro kongera ku babumva.
Nubwo bimeze bityo, yavuze ko agifite icyizere ku hazaza he mu muziki.
Yagize ati: “Buri kintu kigira igihe cyacyo. Wenda umunsi umwe abantu bazasobanukirwa umuziki wanjye, kuko umuziki mwiza wigeze gukundwa hano mbere.”
Yashoje avuga ko adahutira kumenyekana vuba, ahubwo ko afite igihe gihagije kandi ko azakomeza gukora umuziki.







