• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Uncategorized

Britney Spears yitabaje ikigo ngororamuco

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
April 13, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe ibyamamare bikunze kugaragaza uruhande ry’ibyishimo, hari urundi ruhande ry’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe bikomeje badakunze kugaragaza. Umuhanzi Britney Spears ni umwe mu bongeye kubigaragaza, nyuma yo kujya mu kigo ngororamuco agamije kwita ku buzima bwe bwo mu mutwe.

Kuri iki cyumweru tariki ya 12 Mata 2026, ibinyamakuru bitandukanye  byo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika byatangaje ko uyu muhanzi ufite imyaka 44 y’amavuko, yafashe icyemezo  cyo kwivuriza mu kigo cyihariye, mu rwego rwo kwisubiza ku murongo.

Ibi bibaye nyuma y’ukwezi kumwe atawe muri yombi akekwaho gutwara imodoka yanyoye ibisindisha mu gace ka Califinia.icyo gihe, ibinyakuru byatangaje ko yari atwaye imodoka yo mu bwoko bwa BMW ku muvuduko urenze uwagenwe.

Poliso ikora mu muhanda (police traffic) muri Califonia yavuze ko Britney Spears yagaragaje ibimenyetso by’uko adakwiye kwifatira ibyemezo, bityo asabwa gupimwa ibisindisha mu mubiri, nyuma biza kwemezwa ko abikoresha.

Ushinzwe ibikorwa bye icyo gihe yavuze ko ibyabaye bidakwiye, anizeza ko muryango we ugiye gukurikirana ikibazo cye kugira ngo bitazongera kubaho.

Uretse ibyo, biteganyijwe ko mu byumweru bitatu ari imbere, Britney Spears azitaba urukiko rwo muri Califonia, aho azaburanishwa ku cyaha cyo gutwara imodoka yanyoye ibisindisha.

Icyakora, kujya mu kigo ngororamuco kwe kwagaragaje indi sura—aho ikibazo kitarebwa gusa nk’icy’amategeko, ahubwo ko yaba afite ikibazo cyo mu buzima bwo mu mutwe, ikibazo gikunze kugaragara ku byamamare byinshi.

Britney Spears ni umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki ku Isi, aho yakoze indirimbo zakunzwe zirimo “Baby One More Time”, “Toxic”, “Everytime”, “Gimme More”, “Womanizer” na “Stronger”.

Ku rundi ruhande icyemezo yafashe cyo kwiyitaho gishobora gufatwa nk’intambwe yo kongera kwiyubaka, ariko nanone kikaba cyongera kugaragaza ko n’ibyamamare bikomeye bishobora guhura n’ibibazo bisaba ubufasha bwihariye.

Previous Post

Indirimbo ya Fik Gaza na Sheebah Karungi yasibwe kuri YouTube

Next Post

The Ben na Diamond Platnumz bategerejwe i Kampala

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Spice Diana yatangaje ko yacitse igitero cya abagizi ba nabi

Spice Diana yatangaje ko yacitse igitero cya abagizi ba nabi

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzikazi Spice Diana yatangaje ko yarokotse igitero giteye ubwoba  cy’abantu batazwibari bari bagambiriye ku mugirira nabi ubwo yari mu gitamo....

Indirimbo ya Fik Gaza na Sheebah Karungi yasibwe kuri YouTube

Indirimbo ya Fik Gaza na Sheebah Karungi yasibwe kuri YouTube

by Alex RUKUNDO
4 days ago

Umuhanzi Fika Gaza yagaragaje agahinda n’umujinya nyuma y’uko indirimbo yakoranye n’umuhanzikazi Sheebah Karungi isibwe kurubuga rwa YouTube nyuma y’igihe gito...

Alikiba yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

Alikiba yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Alikiba, yifatanyije n’Abanyarwanda mu gihe cy’ikorwa rya Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi...

Next Post
The Ben na Diamond Platnumz bategerejwe i Kampala

The Ben na Diamond Platnumz bategerejwe i Kampala

Sama Sojah: “Umuziki wanjye urimbitse ku buryo abagande batawumva neza”

Sama Sojah: “Umuziki wanjye urimbitse ku buryo abagande batawumva neza”

Afro Exchange i Kampala yasize abitabiriye banyuzwe bikomeye

Afro Exchange i Kampala yasize abitabiriye banyuzwe bikomeye

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro
Imyidagaduro

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe
Imyidagaduro

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain
Imyidagaduro

“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026
“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama
Imyidagaduro

“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.