Muri Kuwait habaye inkuru yatangaje benshi, nyuma y’uko umugeni asabye gatanya hashize iminota itatu gusa asezeranye n’umugabo we imbere y’amategeko.
Amakuru avuga ko aba bombi bari bamaze gusinya impapuro z’ubukwe mu rukiko, basohoka bishimira intambwe bari bateye yo kuba umugabo n’umugore.
Mu gihe bari bakiri imbere y’abantu, umugeni ngo yatsikiye hasi. Icyo gihe abantu bari bategereje ko umugabo amufasha cyangwa akamwihanganisha.
Gusa ngo ibintu byahise bihinduka, kuko uwo mugabo yahise amutuka amwita “igicucu”.
Aya magambo yababaje cyane umugeni, ahita yumva adashobora gukomeza urwo rushako. Yahise asubira mu rukiko asaba ko ubukwe buseswa ako kanya.
Umucamanza yahise yemera ubusabe bwe, maze ubukwe bwabo burangirira aho, nyuma y’iminota mike gusa bwemewe n’amategeko.
Iyi nkuru yahise ikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga. Abantu benshi bashimye icyemezo cy’uwo mugeni, bavuga ko kubahana no kuvugana neza ari ingenzi kuva ku munsi wa mbere w’urushako.
Hari n’abavuze ko hari igihe amagambo make cyangwa amasegonda make bishobora guhishura umuntu uwo ari we by’ukuri.








