Umuhanzi Gisa cy’Inganzo yatangaje ko yiteguye kongera gukorana na Producer Ishimwe Karake Clement binyuze muri ‘studio’ y’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Kina Music, avuga ko ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe rwa muzika.
Ibi Gisa cy’Inganzo yabivugiye mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma y’uko Ishimwe Clement na we agaragaje ubushake bwo kongera gukorana na we, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.
Mu butumwa yashyize kuri Instagram, Ishimwe Clement yibukije abakunzi ba muzika ko indirimbo ya nyuma yakoranye na Gisa cy’Inganzo ari “Uruyenzi”, avuga ko iyo ‘post’ igize ibitekerezo (comments) 500 bashobora kongera guhura mu nzu itunganya umuziki.
Gisa cy’Inganzo na we yavuze ko yakira neza igitekerezo cyo kongera gukorana na Clement, cyane ko ari umwe mu bamufashije gutera intambwe ikomeye mu muziki binyuze mu ndirimbo nka “Uruyenzi” yamuhaye izina rikomeye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.
Yagize ati: “Iteka nezezwa cyane n’uko anshyigikira, akangirira icyizere tugakorana. Ni umugisha n’amahirwe, kuko ni we wakoze ‘Uruyenzi’ n’izindi. Rero kubera Imana twakongera tugakora n’izindi.”
Uyu muhanzi asoza avuga ko nta kabuza yiteguye kongera gukorana na Ishimwe Clement, agaragaza ko yizeye ko byatanga izindi ndirimbo zikomeye zongera kwagura urugendo rwe rwa muzika.
Urugendo rwa Gisa cy’Inganzo mu muziki nyarwanda rwaranzwe n’intambwe zitandukanye zamufashije kumenyekana no kugira izina rikomeye mu njyana gakondo n’iy’iki gihe.
Ubu, Gisa cy’Inganzo ari mu bahanzi bakomeje kwibandwaho mu muziki nyarwanda, aho hari icyizere ko kongera gukorana na Kina Music na Ishimwe Clement byamufasha gusubukura umwihariko we mu bihangano bishya.










