Umuhanzikazi wo muri Jamaica, Spice, yatangaje ko yanyuzwe no kwakirwa neza, umuco n’ibiryo by’abanya-Uganda ubwo yari mu ruzinduko muri iki gihugu, ariko ikirenze byose cyamushimishije kurusha ni ugutenga moto (boda boda).
Mu mashusho yakwirakwiriye, ubuzima bwa Spice ari muri Uganda arimo gukurikiranwa cyane. Kuva ahaye mukoze wa hoteli araramo amadorari 100y, kugeza afite ibyishimo kubera ko yabwiwe ko ashobora guhura na Kabaka, bigaragara ko ari kwishimira cyane urugendo rwe muri Uganda.
Ikintu avuga ko cyabaye kidasanzwe ari ugutwarwa kuri moto(boda boda) mu mihanda ya Kampala, ari kumwe n’itsinda rye.
Muri ayo mashusho, hagaragayemo imodoka ya polisi iyoboye, Spice, ubona ko yishimiye kugenda kuri boda boda.
Yumvikanye agira ati: “Boda boda, reka tugende! Ubu ndi muri Uganda, mwe muri hehe?”
Mu mashusho yashyize kuri Instagram, yongeyeho ati: “Muri Uganda, Afurika, ubu ni bwo buryo abantu bagendamo. Uyu munsi naretse kugenda mu modoka yanjye kugira ngo gerageze kugenda kuri Moto. Abashinzwe umutekano wanjye bose banezerewe ndetse n’itsinda ryanjye ryarabyishimiye.”









