Itsinda ry’abahanzi n’abatunganya umuziki ryitwa +250 ryashyize hanze album yabo ya mbere yiswe Abiri Nitanu, imyaka ibiri nyuma yo gutangizwa k’uyu mushinga uhuza impano zitandukanye mu Rwanda.
Iyi album iriho indirimbo 12, yahawe izina rikomoka kuri nimero mpuzamahanga y’u Rwanda (+250), ari na yo yahaye izina iri huriro ry’abahanzi. Yasohotse ku wa 8 Gicurasi 2026.
Abiri Nitanu yahurije hamwe bamwe mu bahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda barimo Bushali, B-Threy, Slum Drip, Ish Kevin, Sema Sole, Nikita Heaven na Angell Mutoni.
Umushinga wa +250 watangijwe mu 2024 ku bufatanye bwa sosiyete ya Pan African Music n’ikigo nyarwanda gikorera mu by’itangazamakuru no guhanga udushya cya Cornwine. Wamurikiwe bwa mbere mu iserukiramuco rya Acces ryabereye i Kigali.
Uyu mushinga washyizweho nk’ihuriro rigamije guha abahanzi, abatunganiriza abandi umuziki n’abakora ibijyanye na sinema, imideri ndetse no gutangaza ibitabo, urubuga rwo gukoreraho no kumenyekanisha ibikorwa byabo ku rwego rwa Afurika no ku Isi.
Mu ntangiriro zawo, +250 yahurije hamwe abaraperi, abaririmbyi n’abatunganya umuziki 16 bo mu Rwanda, hagamijwe guteza imbere umuco w’urubyiruko n’injyana zigezweho zikomeje kuzamuka cyane mu gihugu.
Album Abiri Nitanu ni yo ya mbere iri huriro risohoye kuva ryashingwa, ndetse ifatwa nk’intambwe ikomeye mu guteza imbere imishinga y’umuziki ikorwa ku bufatanye mu njyana ya Hip Hop nyarwanda.









