• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Iyobokamana

Rubavu: Korali Ministers of God yashyize hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa “Rusi” – VIDEO

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 23, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Korali Ministers of God yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Mbugangali mu Karere ka Rubavu bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise ‘Rusi.’

Iyi ndirimbo y’amashusho isohotse nyuma y’umwaka umwe gusa iyi Korali itangiye umurimo kuko yavutse mu Ukwakira 2024 ifite intumbero yo kuvuga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo.

Korali Ministers of God igizwe n’ingeri zitandukanye zirimo abakuze n’urubyiruko bahuje umugambi wo kwamamza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku Isi yose binyuze mu gukoresha impano zabo zo kuririmba.

Iyi ndirimbo yabo y’uburiza ivuga hejuru y’inkuru yo muri Bibiliya Yera mu gitabo cya Rusi igaruka ku mugore witwa Nawomi wapfushije umugabo we n’abahungu be babiri maze mu bakazana be havamo umwe witwa Rusi yiyemeza kunamba kuri nyirabukwe kugeza ubwo yakoze indahiro agaragaza ko atazamusiga.

Rusi 1:16-17 Rusi aramusubiza ati ati “ Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ari ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye, aho uzagwa ni ho nzagwa bahampambe. Nihagira ikizantandukanya nawe atari urupfu, Uwiteka azabimpore, ndetse bikabije.”

Bifashishije iyi nkuru, Korali Ministers of God batanze ubutumwa bwo gukangurira abantu gufata icyemezo cyo gukurikira Yesu nk’umuyobozi w’ubuzima bwawe, ufite n’ububasha bwo guhindura amateka y’ubuzima.

Umwe mu bayobozi b’iyi Korali yatangaje ko iyi ndirimbo y’uburiza ibimburiye izindi nyinshi bitegura gushyira hanze mu bihe biri imbere kandi ko bazarushaho kuzisakaza ku mbuga nkoranyambaga kugira ubutumwa bugere kuri benshi.

Yagize ati: “Intego yacu ni iyo gukorera Imana, turirimba, by’umwihariko tubwiriza ubutumwa bwiza abatuye isi binyuze mu bihimbano by’umwuka. Bibiliya ndetse n’umwuka w’ubuhanuzi ni yo soko tuvomamo.”

Yakomeje avuga ko kuko umurimo wa data ari mugari Korali Ministers of God biyemeje gufatanya n’abandi bahuje umuhamagaro nk’uko bose bahamagariwe kwamamaza ishimwe ry’iyabahamagaye.

Korali Ministers of God ifite gahunda ndende yo gutegura ibitaramo byaguse n’amavuna mu rwego rwo kwagura umurimo w’ivugabutumwa, kandi basaba inshuti zabo kubazirikana mu masengesho yabo ya buri munsi kugira ngo bakoreshe umuhamagaro wabo neza.

Previous Post

Urugendo rwa Claire Byukusenge wiyemeje guheka ubutumwa bwiza ku mugongo yifashishije umuziki

Next Post

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Trump na Papa mu makimbirane akomeje kuvugisha benshi

Trump na Papa mu makimbirane akomeje kuvugisha benshi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Amagambo akomeye Perezida Donald Trump aherutse kuvuga kuri Papa Leo, ndetse n’ishusho yakozwe na AI imwerekana nka Yezu, byateje impaka...

Prosper Nkomezi agiye gutaramira muri USA

Prosper Nkomezi agiye gutaramira muri USA

by Alex RUKUNDO
7 days ago

Mu gihe umuziki wo kuramya no guhimbaza ukomeje kwaguka hirya no hino, abahanzi nyarwanda bawukora bagenda babona amahirwe mashya mu...

Papa Léon XIV agiye gutangira uruzinduko rudasanzwe muri Afurika

Papa Léon XIV agiye gutangira uruzinduko rudasanzwe muri Afurika

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Pope Leo XIV, agiye gutangira uruzinduko rwe rwa mbere ku mugabane wa Afurika, ruzamara...

Next Post
Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y'umwuka wera

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.