• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Iyobokamana

Rubavu: Korali Ministers of God yashyize hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa “Rusi” – VIDEO

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 23, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Korali Ministers of God yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Mbugangali mu Karere ka Rubavu bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise ‘Rusi.’

Iyi ndirimbo y’amashusho isohotse nyuma y’umwaka umwe gusa iyi Korali itangiye umurimo kuko yavutse mu Ukwakira 2024 ifite intumbero yo kuvuga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo.

Korali Ministers of God igizwe n’ingeri zitandukanye zirimo abakuze n’urubyiruko bahuje umugambi wo kwamamza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku Isi yose binyuze mu gukoresha impano zabo zo kuririmba.

Iyi ndirimbo yabo y’uburiza ivuga hejuru y’inkuru yo muri Bibiliya Yera mu gitabo cya Rusi igaruka ku mugore witwa Nawomi wapfushije umugabo we n’abahungu be babiri maze mu bakazana be havamo umwe witwa Rusi yiyemeza kunamba kuri nyirabukwe kugeza ubwo yakoze indahiro agaragaza ko atazamusiga.

Rusi 1:16-17 Rusi aramusubiza ati ati “ Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ari ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye, aho uzagwa ni ho nzagwa bahampambe. Nihagira ikizantandukanya nawe atari urupfu, Uwiteka azabimpore, ndetse bikabije.”

Bifashishije iyi nkuru, Korali Ministers of God batanze ubutumwa bwo gukangurira abantu gufata icyemezo cyo gukurikira Yesu nk’umuyobozi w’ubuzima bwawe, ufite n’ububasha bwo guhindura amateka y’ubuzima.

Umwe mu bayobozi b’iyi Korali yatangaje ko iyi ndirimbo y’uburiza ibimburiye izindi nyinshi bitegura gushyira hanze mu bihe biri imbere kandi ko bazarushaho kuzisakaza ku mbuga nkoranyambaga kugira ubutumwa bugere kuri benshi.

Yagize ati: “Intego yacu ni iyo gukorera Imana, turirimba, by’umwihariko tubwiriza ubutumwa bwiza abatuye isi binyuze mu bihimbano by’umwuka. Bibiliya ndetse n’umwuka w’ubuhanuzi ni yo soko tuvomamo.”

Yakomeje avuga ko kuko umurimo wa data ari mugari Korali Ministers of God biyemeje gufatanya n’abandi bahuje umuhamagaro nk’uko bose bahamagariwe kwamamaza ishimwe ry’iyabahamagaye.

Korali Ministers of God ifite gahunda ndende yo gutegura ibitaramo byaguse n’amavuna mu rwego rwo kwagura umurimo w’ivugabutumwa, kandi basaba inshuti zabo kubazirikana mu masengesho yabo ya buri munsi kugira ngo bakoreshe umuhamagaro wabo neza.

Previous Post

Urugendo rwa Claire Byukusenge wiyemeje guheka ubutumwa bwiza ku mugongo yifashishije umuziki

Next Post

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kenya: Umuririmbyi w’ikirangirire Rachel Wandeto watwitswe na lisansi yapfuye

Kenya: Umuririmbyi w’ikirangirire Rachel Wandeto watwitswe na lisansi yapfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Muri Kenya, inkuru y’urupfu rw’umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana Rachel Wandeto yakomeje kuvugisha benshi nyuma yo gutwikirwa lisansi n’abantu bataramenyekana. Rachel...

Urujijo ku “Papa w’i Rwanda”: Kiliziya Gatolika yatangiye iperereza

Urujijo ku “Papa w’i Rwanda”: Kiliziya Gatolika yatangiye iperereza

by MUNYANKINDI Alphonse
2 months ago

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yatangaje ko yatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita Abatowe, rivuga ko riherutse kwimika uwo ryise “Papa”...

Aline Gahongayire yahaye amahirwe mashya abanyempano

Aline Gahongayire yahaye amahirwe mashya abanyempano

by MUNYANKINDI Alphonse
2 months ago

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yongeye kugaragaza uruhare rwe mu kuzamura impano nshya, atangiza amarushanwa azafasha...

Next Post
Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y'umwuka wera

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.