• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
November 24, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) ruratangaza ko rwamaze guta muri yombi Ishimwe Francois Xavier ukekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano aryamanye n’umugore aho yasabaga amafaranga ngo ayabahe.

Dr Murangira B. Thierry umuvugizi wa RIB avuga ko kuwa 18 Ugushyingo 2025, uru rwego rwataye muri yombi Ishimwe Francois Xavier ukekwaho kwaka amafaranga abantu abizeza kubasangiza amashusho ya Yampano atera akabariro n’umugore we.

Uyu aje nyuma y’abandi 2 RIB yari yarataye muri yombi  bakekwaho gusakaza amashusho ya Yampano ari gutera akabariro. Bose uko ari batatu bakaba  baramaze kugezwa mu Bushinjacyaha.

Kalisa John uzwi nka Kjohn watawe muri yombi ikirego kikimara gutangwa

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry, yavuze ko dosiye yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 17 Ugushyingo 2025. Ikurikiranywemo abarimo Kalisa john uzwi nka Kjohn na Ishimwe Patrick wamenyekanye nka Pazzo Man.

Ku wa 18 Ugushyingo 2025, RIB yataye muri yombi uwitwa Ishimwe François Xavier ukekwaho kwaka abantu amafaranga kugira ngo abasangize amashusho ya Yampano ari gutera akabariro.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rumaze igihe mu iperereza rigamije kugera kuri buri wese wasakaje amashusho ya Yampano ari gutera akabariro n’umukunzi we witwa Uwineza Diane.

Nyuma y’iki kirego cyatanzwe ku wa 9 Ugushyingo 2025, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man ni we wa mbere watawe muri yombi ku wa 11 Ugushyingo 2025 naho Kalisa John uzwi nka K. John atabwa muri yombi ku wa 14 Ugushyingo 2025.

Dr Murangira yagaragaje ko hari urubyiruko rusigaye rwifata amashusho bari mu bikorwa by’urukuzasoni birimo no gukora imibonano mpuzabitsina, ariko ugasanga harimo abagize uburangare bwo kuyabika kure cyangwa ugasanga barayahererekanya bityo byamara kujya hanze ugasanga baritana ba mwana birengangije ko ari bo ba nyirabayazana.

Yibukije urubyiruko ko rukwiye kujya rwirinda kuba ba nyirabayazana b’igisebo, urubwa no gutakarizwa icyizere no kugaragara nk’ibyomanzi muri sosiyete yacu; bishobora kubabaho bishingiye ku mashusho y’urukozasoni bifata.

Previous Post

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Next Post

Ariel Wayz yasubukuye imikoranire na Universal Music Group

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
7 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Ariel Wayz yasubukuye imikoranire na Universal Music Group

Ariel Wayz yasubukuye imikoranire na Universal Music Group

Nkeneye abajyanama bazima, Gisa cy’Inganzo

Nkeneye abajyanama bazima, Gisa cy'Inganzo

Ibyowamenya kuri Prophet Elijah uvuga ko amaze imyaka 9 atarya, uretse kunywa gusa!

Ibyowamenya kuri Prophet Elijah uvuga ko amaze imyaka 9 atarya, uretse kunywa gusa!

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.