• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Burna Boy akomeje kuvugisha benshi nyuma yo guhagarika igitaramo i Denver

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 24, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi wo muri Nijeriya, Burna Boy, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo guhagarika igitaramo cye cya No Sign of Weakness ubwo yari mu Mujyi wa Denver, muri Leta ya Colorado.

Ibi byabereye ahitwa Red Rocks Amphitheatre, aho Burna Boy yahagaritse kuririmba ubwo yari abonye umusore n’umukobwa bicaye mu myanya y’imbere bitewe n’uko umukobwa yari asinziriye. Mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, uwo mukobwa yasaga n’uwasinziriye, bituma Burna Boy yikoma uwo musore bari kumwe.

Burna Boy yagize ati: “Musohoke… sinaririmba indi ndirimbo mutaragenda.”

Abari muri icyo gitaramo bahise basakuriza rimwe banagaragaza amarangamutima atandukanye—hari abatunguwe, abasetse ndetse n’abamurakariye bikomeye. Nyuma y’akanya gato abashinzwe umutekano bahise bafata uwo musore n’uwo mukobwa barabasohora.

Iyi nkuru yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga byihuse ndetse ivugwaho cyane ku ma radiyo n’amateleviziyo. Hari abavuze ko Burna Boy ahora ashaka ko abafana be bagaragaza ibyishimo mu bitaramo bye kandi bakabyina. Ibindi binyamakuru byo byavuze ko icyo Burna Boy yakoze ari ugusebya umufana.

Burna Boy ati: “Simbashaka abakunzi banjye baza mu gitaramo ngo bakonje. Oya, mbashaka ko bishima cyane kugira ngo nanjye nshyiremo imbaraga zanjye ngo mbashimishe. Birababaza iyo ushimisha abantu ariko ntibishime.”

Hari n’abibajije impamvu atabanje kureba ko uwo mukobwa atari afite ikibazo cy’uburwayi cyangwa atari mu bihe bikomeye.

Burna Boy, mu kiganiro yatambukije ku mbuga nkoranyambaga ze, avuga ko adateze guhindura imvugo ye. Yavuze ko adakeneye buri wese ngo abe umufana, ahubwo ko akeneye umufana ushobora “gushyigikira ibikorwa bye mu buryo bufatika.”

Yagize ati: “Mbese nabasabye ko mwaba abafana banjye mudashoboye? Oya, muri iki gihe ndashaka abafana bafite ubushobozi.”

Nyuma y’ibi, uyu mukobwa wagaragaye mu mashusho asinzira yasobanuye ko yari mu bihe bikomeye by’agahinda. Amakuru avuga ko yari aherutse kubura se w’umwana we, bityo gusinzira byashoboraga guterwa n’ihungabana, uburwayi bw’umutwe no kunanirwa k’umubiri.

Uru ruzinduko rwo kwamamaza album nshya ya Burna Boy yashyizwe hanze ku ya 11 Nyakanga 2025. Gukorera igitaramo muri Red Rocks, kitabiriwe n’abatari bake, byamugize umuhanzi wa mbere muri Ngeria.

Uru ruzinduko ruzakomereza muri Amerika na Kanada. Amatariki akurikiraho azajya mu bihugu nka Ositaraliya, Ubudage, Ubwongereza, Copenhagen, Helsinki, Brussels n’ahandi hatandukanye mu Burayi.

Previous Post

Mikie Wine yatangaje ko afite impano y’umwuka wera

Next Post

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
4 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Undi nawe yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano

Ariel Wayz yasubukuye imikoranire na Universal Music Group

Ariel Wayz yasubukuye imikoranire na Universal Music Group

Nkeneye abajyanama bazima, Gisa cy’Inganzo

Nkeneye abajyanama bazima, Gisa cy'Inganzo

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.