Jowy Landa yaciye amarenga ko umubano we na Nandor Love utameze neza, avuga ko ubucuti bwa hafi bigeze kugirana bwahindutse ku buryo bimubabaza kugeza n’ubu akaba atarasobanukirwa impamvu yabyo.
Mu kiganiro yagiranye na Mr Henrie kuri NRG Ignition, Jowy yavuze ko mu ntangiriro atigeze aha agaciro ayo makimbirane, nubwo Nandor Love yatangiye kumwibasira ku rubuga rwa TikTok.
Yagize ati: “Nari nkiri mu rugo ndyamye, umuntu arampamagara ambwira ko yanshyize kuri TikTok. Avuga ngo ‘Bayuda Tuyita Nabo’, nuko noherereza link manager wanjye na we arambaza ati: “Byagenze gute?’ ariko nanjye mu by’ukuri nta gisubizo nari mfite.”
Nubwo abantu benshi batangiye ku byibazaho ndetse hagasoka n’indirimbo imwibasira, Jowy yahisemo guceceka, nubwo yakiraga amatelefoni menshi yamubazaga kuri ibyo, barimo n’abari mu buyobozi bwa Nandor Love.
Ibintu byaje gufata indi ntera ubwo Nandor Love yagaragaraga kuri TikTok Live ari kumwe na Black Shuga, aho bivugwa ko bamutukiye mu ruhame.
Jowy yavuze ko icyo gihe ari bwo yamenye ko ari umuntu ukomeye, ati: “Bagerageje kuntesha agaciro, ari nab wo namenye ko ndi umuntu ukomeye. Tekereza abantu babiri bicaye kuri Live baganira kuri wowe.”
Avuga ko ibyo byamubabaje umutima cyane, cyane ko mbere bari bafitanye umubano ukomeye. Yasobanuye ko Nandor Love yamufataga nk’umuvandimwe, kandi ko yajyaga arwanirira kenshi mu ruhame ahsaka kuregera ybucuti bwabo.
Ati: “Yari n’umuvandimwe wanjye. Si nari nzi ko ari umuntu umeze atyo, byanteye kwibaza icyamuhinduye. Narababaye cyane.”
Uyu muhanzikazi yashimangiye ko ashyira imbere kuregera abandi bagore aho kubasebya cyagwa kubasenya, yibutsa ko bafashanyaga mu bihe bitandukanye.
Ati: “Ndi umuntu mukuru nfite imitekerereze ikuze, sintesha agaciro abagore ‘oya’, cyane ko twigeze gufashanya.”
Kugeza ubu, Jowy avuga ko atazi icyateye gutandukana kw aba bombi, ariko akemeza ko agifite urukundo muri we.
Ati: “Ndacyamukunda, ni mushiki wanjye. Aho uri hose, ibyo si byo. Ntibikwiriye gukora ibintu nk’ibyo.”








