Sheebah Karungi yatangaje ko yatangiye urugendo rwo kuvuganira abagore bahura n’ihohoterwa bakorerwa n’abagabo cyane cyane mu kazi, ibi abitangaje nyuma y’uko abyaye.
Yavuze ko kuba umubyeyi byatumye atekereza ku mateka ye, ahitamo gufata ubuzima bwe mu maboko, anamagana inkuru zitari zo zimaze iminsi zimwandikwaho.
Yongeyeho ko byamuhaye imbaraga zo gukoresha imbaraga ze mu kurengera abagore bahura n’ibibazo nk’ibyo yahuye nabyo.
Sheebah yashimangiye ko kwemera (consent) ari ingenzi mu mibanire yose igirwamo uruhare n’abagore, agaragaza ko abagabo bagomba gusaba uburenganzira mbere y’ikintu icyo ari cyo cyose.
Yatangaje ibi mu gihe yamamazaga podcast nshya ari gutegura, aho azibanda ku bibazo bikomeye ariko bikunze guhishwa, birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyane cyane rikorerwa abagore bashaka akazi.
Yatanze urugero rwa bamwe mu bagabo baba bafite ububasha mu gutanga kazi aho bashobora gukoresha nabi umwanya wabo, bakabeshya abagore ko bagiye kubafasha kubona akazi, ariko mu by’ukuri bagamije ku bakoresha ku bw’inyungu zabo.
Mu gero yatanze, yavuze ko hari igihe umugore ajya gusaba akazi, yambaye neza ariko aho kwita ku bushobozi bwe, umwakiriye agahindura ikiganiro akajya ku bindi bidakwiye, hasigaye agasigarana nomero ye ya telefoni ubundi akamuhamagara amusaba guhura na we.
Abinyujije muri iyo podcast, Sheebah yavuze ko azashyira ahagaragara imyitwarire nk’iyo, anashishikarize abagore kuyimenya no kuyirwanya.
Yemeza ko hari abagabo benshi batinya ibiganiro nk’ibyo, kuko bishobora gutuma abagore barushaho kumenya uburenganzira bwabo no kwirinda gushukwa cyangwa gukoreshwa.







