• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kwibuka32: Rumaga asaba urubyiruko gukoresha ubuhanzi mu kubaka ubumwe

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 11, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe u Rwanda n’inshuti zarwo bari mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umusizi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Rumaga yagaragaje ko ubuhanzi bukwiye kugira uruhare rukomeye mu gushimangira ubudaheranwa no kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uyu munyabugeni yavuze ko kwibuka bidakwiye kugarukira ku mihango gusa, ahubwo bikwiye kuba umwanya wo gusubiza amaso inyuma hagamijwe kwiyubaka no gukomeza urugendo rwo kubaka igihugu kirangwa n’amahoro.

Kwibuka si umuhango gusa

Mu butumwa yatanze muri ibi bihe byo Kwibuka, Rumaga yavuze ko kwibuka ari umwanya ukomeye wo kwegera ukuri no kwigira ku mateka y’u Rwanda.

Yagize ati: “Kwibuka si umuhango gusa, ni no kwiyubaka. Ni umwanya wo kongera ubumwe hagati yacu nk’Abanyarwanda no kwegera ukuri, tukigira ku mateka yacu tukayahindura isoko y’imbaraga zo kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.”

Yagaragaje ko amateka y’u Rwanda akwiye kuba isomo rifasha Abanyarwanda kubaka ejo hazaza heza, aho kuba inkomoko y’amacakubiri.

Ubutumwa ku rubyiruko

Rumaga yibanze cyane ku rubyiruko, arusaba kugira uruhare mu kubungabunga amateka no guharanira ukuri.

Yagize ati: “Ku rubyiruko ndarubwira nti: mube abarinda amateka, abaharanira ukuri, n’abubaka ejo hazira Jenoside aho ubumuntu buruta urwango.”

Yavuze ko urubyiruko ari rwo rufite inshingano zo gukomeza umurage wo kurinda amateka no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.

Uruhare rw’ubuhanzi mu kubaka sosiyete

Uyu musizi kandi yavuze ko ubuhanzi ari igikoresho gikomeye gishobora guhindura imitekerereze y’abantu no gufasha sosiyete gukira ibikomere by’amateka.

Ati: “Uruhare rwanjye nk’umuhanzi ndarubona nk’ijwi ryibutsa, ryigisha amahoro n’ubumwe. Iyo tuvuga, turirimba cyangwa twandika, tuba twubaka ubudaheranwa tukarinda ko amateka yacu yavuga nabi.”

Rumaga asoza asaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda gukomeza kwibuka bafite intego yo kubaka ejo hazaza heza, aho amateka mabi atazongera kwisubiramo, buri wese agaharanira kuba umusemburo w’impinduka nziza.

Previous Post

Burundi: Inkuru y’umupolisi wakatiwe amezi 600 yatunguye benshi

Next Post

#Kwibuka32: Judence Kayitesi yatanze ubuhamya bwakoze ku mitima i Prague na Budapest

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro

by Alex RUKUNDO
6 hours ago

Umuraperikazi Card B yashimishije abakunze be baherereye i Florid ubwo yasozaga ku mugaragaro ibitaramo bye bya Little Miss Drama Tour,...

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe

by Alex RUKUNDO
10 hours ago

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mpaka zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambuga, aho bagaruka kumubano n’undi muntu atari umugabo we Will...

“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain

“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Umwanditsi w’indirimbo akaba n’umuhanzi Dokta Brain yatangaje ko Gloria Bugie ari umwe mu bahanzi bafite umwihariko ukomeye muri Uganda, nubwo...

Next Post
#Kwibuka32: Judence Kayitesi yatanze ubuhamya bwakoze ku mitima i Prague na Budapest

#Kwibuka32: Judence Kayitesi yatanze ubuhamya bwakoze ku mitima i Prague na Budapest

Filime ‘Ben’Imana’ igiye guhagararira u Rwanda muri Cannes Film Festival 2026

Filime ‘Ben’Imana’ igiye guhagararira u Rwanda muri Cannes Film Festival 2026

Spice Diana yashimangiye akamaro k’uburezi

Spice Diana yashimangiye akamaro k’uburezi

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro
Imyidagaduro

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe
Imyidagaduro

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain
Imyidagaduro

“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026
“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama
Imyidagaduro

“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.