Mu gihe u Rwanda n’inshuti zarwo bari mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umusizi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Rumaga yagaragaje ko ubuhanzi bukwiye kugira uruhare rukomeye mu gushimangira ubudaheranwa no kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.
Uyu munyabugeni yavuze ko kwibuka bidakwiye kugarukira ku mihango gusa, ahubwo bikwiye kuba umwanya wo gusubiza amaso inyuma hagamijwe kwiyubaka no gukomeza urugendo rwo kubaka igihugu kirangwa n’amahoro.
Kwibuka si umuhango gusa
Mu butumwa yatanze muri ibi bihe byo Kwibuka, Rumaga yavuze ko kwibuka ari umwanya ukomeye wo kwegera ukuri no kwigira ku mateka y’u Rwanda.
Yagize ati: “Kwibuka si umuhango gusa, ni no kwiyubaka. Ni umwanya wo kongera ubumwe hagati yacu nk’Abanyarwanda no kwegera ukuri, tukigira ku mateka yacu tukayahindura isoko y’imbaraga zo kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.”
Yagaragaje ko amateka y’u Rwanda akwiye kuba isomo rifasha Abanyarwanda kubaka ejo hazaza heza, aho kuba inkomoko y’amacakubiri.
Ubutumwa ku rubyiruko
Rumaga yibanze cyane ku rubyiruko, arusaba kugira uruhare mu kubungabunga amateka no guharanira ukuri.
Yagize ati: “Ku rubyiruko ndarubwira nti: mube abarinda amateka, abaharanira ukuri, n’abubaka ejo hazira Jenoside aho ubumuntu buruta urwango.”
Yavuze ko urubyiruko ari rwo rufite inshingano zo gukomeza umurage wo kurinda amateka no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Uruhare rw’ubuhanzi mu kubaka sosiyete
Uyu musizi kandi yavuze ko ubuhanzi ari igikoresho gikomeye gishobora guhindura imitekerereze y’abantu no gufasha sosiyete gukira ibikomere by’amateka.
Ati: “Uruhare rwanjye nk’umuhanzi ndarubona nk’ijwi ryibutsa, ryigisha amahoro n’ubumwe. Iyo tuvuga, turirimba cyangwa twandika, tuba twubaka ubudaheranwa tukarinda ko amateka yacu yavuga nabi.”
Rumaga asoza asaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda gukomeza kwibuka bafite intego yo kubaka ejo hazaza heza, aho amateka mabi atazongera kwisubiramo, buri wese agaharanira kuba umusemburo w’impinduka nziza.







