Filime “Ben’Imana” y’umunyarwandakazi Dusabejambo Marie-Clémentine ikomeje kuvugisha benshi mu bakunzi ba sinema, nyuma yo gutoranywa mu cyiciro cya “Un Certain Regard” mu iserukiramuco rikomeye ku Isi rya sinema, Cannes Film Festival 2026.
Iyi filime igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba iri mu zizahatanira ibihembo muri iri serukiramuco rizabera mu Bufaransa kuva ku wa 12 kugeza ku wa 23 Gicurasi 2026.
Intambwe ikomeye kuri sinema nyarwanda
Kwamamaza ko “Ben’Imana” iri mu zizahatana byatangajwe mu ijoro ryo ku wa 9 Mata 2026. Ibi bituma Dusabejambo yandika amateka, kuko ari ubwa kabiri filime ifitanye isano n’u Rwanda igeze mu cyiciro cya nyuma cya Cannes, nyuma ya “Munyurangabo” yagezeyo mu 2007.
Umuyobozi ushinzwe gutoranya filime muri Cannes, Thierry Frémaux, yashimye cyane uburyo iyi filime yakozwemo, agaragaza ko bitangaje kubona umuntu wakoze filime ndende ku nshuro ya mbere ihita igera ku rwego nk’urwo.
Yagize ati: “Ben’Imana ni filime itangaje cyane ku muntu uri gukora filime ndende ya mbere.”
Inkuru ivuga ku gukira ibikomere
Iyi filime yakozwe mu gihe cy’imyaka irenga 10, ikaba ivuga ku buzima bwa Veneranda, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma yo kurokoka, Veneranda agerageza kubaka ubuzima bushya bushingiye ku bumwe n’ubudaheranwa. Gusa ubuzima bwe buhinduka ubwo umukobwa we w’umwangavu atwita, bikamugarura mu bibazo by’amateka n’ibikomere yari yaragerageje guhangana na byo.
Iyo nkuru igaragaza urugendo rwo kongera kwisuzuma, aho yibaza ku kubabarira, ku mateka ye ndetse n’ingaruka zayo ku muryango.
Muri iyi filime hagaragaramo abakinnyi barimo Clémentine U. Nyirinkindi, Isabelle Kabano, Kesia Kelly Nishimwe, Leocadie Uwabeza, Antoinette Uwamahoro na Aimé Valens Tuyisenge.
Icyizere ku ruganda rwa sinema
Icyiciro cya “Un Certain Regard” muri Cannes kizwiho kugaragaza filime zidasanzwe z’abanditsi bakizamuka cyangwa bazanye uburyo bushya bwo kubara inkuru.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yishimiye iyi ntambwe avuga ko ari ikimenyetso ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza kwivugira inkuru zabo n’amateka yabo.
Mbere yo kugera muri Cannes, “Ben’Imana” yari yarahawe inkunga zitandukanye zirimo iya Sørfond yo muri Norvège, ndetse inegukana ibihembo birimo $40,000 bya Red Sea Souk Post-Production Award n’inkunga ya Filmmore ifite agaciro ka $32,500.







