Inkuru idasanzwe yaturutse mu Burundi, y’umupolisi wakatiwe igifungo gishobora kugera ku myaka 500, iri kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru ryo mu karere.
Abantu benshi bagaragaje gutungurwa n’uko urukiko rw’i Mwaro rwemeje ko umupolisi Osias Irankunda ashobora gufungwa amezi 6,000 (imyaka 500) mu gihe yaba ananiwe kwishyura indishyi z’akababaro zingana na FBU miliyoni 100.
Uko byagenze kugeza ku rupfu rwa “Gasazi”
Urukiko rwahamije ko Osias Irankunda yagize uruhare mu rupfu rwa Nestor Nininahazwe, wari uzwi ku izina rya Gasazi, wari umumotari uzwi mu gace yakoreragamo.
Amakuru avuga ko ibi byabaye mu ijoro rya Pasika ku wa 4 Mata 2026. Uyu mupolisi wari usanzwe acunga umutekano kuri Paruwasi ya Kibungere muri Komine Nyabihanga, ngo yasanze nyakwigendera ku kabari aho yari ari kunywera.
Bivugwa ko yamusabye kumusomya ku icupa ry’inzoga yari afite, ariko undi arabyanga. Ibyo byaje kuvamo amakimbirane arangira Irankunda amurashe, ahita apfa.
Nyuma y’icyo gikorwa, Irankunda yahise afatwa ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Gitega mu gihe iperereza ryakorwaga, mbere y’uko urukiko rumuhamya icyaha.
Polisi ivuga ko ibyaha bikorwa ku giti cy’umuntu
Si ubwa mbere mu Burundi humvikanye inkuru zivugwamo bamwe mu bapolisi bakekwaho imyitwarire mibi.
Muri iki cyumweru kandi, Polisi y’u Burundi yatangaje ko hari abapolisi batandatu bakurikiranyweho kwiba umuturage amafaranga agera kuri miliyoni 15 z’amarundi.
Uwo muturage bivugwa ko bamusanze iwe bakamushimuta, bakamusaba miliyoni 20 kugira ngo bamurekure. Nyuma yo gusaba ubufasha inshuti n’abavandimwe, yaje kubona miliyoni 15 ari zo yabahaye, baramurekura.
Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye, yavuze ko abo bapolisi bakoze ibyo byaha ku giti cyabo, ashimangira ko nta rwego rwabatumye kandi ko bagomba kubihanirwa n’amategeko.










