Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Eric Semuhungu gusa ibyo akekwaho ntibyatangajwe kuko bishobora kubangamira iperereza.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yagize ati: “Eric Sebuhungu yarafshwe. Ariko ntakindi dushobota gutanga kugira ngo bitabangamira iperereza. Ibyo iperereza ry’ibanze rizagaragaza natwe tuzabibatangariza.”
Eric Semuhungu yatawe muri yombi tariki 9 Mata 2026, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimironko.
Sebuhunguya yamenyekanye cyane mu 2016, biturutse ku mafoto ye yagiye hanze agaragaza ko akundana n’umugabo mugenzi we.
Yaje kongera kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku wa 1 Mata 2024 ubwo yoherezwaga mu Rwanda na Amerika kubera ibyaha yakoze bitandukanye birimo gusambanya abana.







