Inyubako izwi cyane mu mujyi wa Kigali ikoreramo Rwanda Development Board (RDB) ndetse n’ibindi bigo bya leta, irimo kuvugisha benshi nyuma y’uko hatangajwe ko igiye gufungwa by’agateganyo kugira ngo ikorerwe ivugurura.
Amakuru aturuka imbere muri RDB avuga ko abakozi bamaze kumenyeshwa kwimuka, nyuma y’uko ubugenzuzi bugaragaje ko iyi nyubako ishobora kuba ifite ibibazo by’ubuziranenge bw’imyubakire.
Itangazo rya RDB ryo kuri uyu munsi rivuga ko ifungwa ry’iyi nzu ari “ry’agateganyo” kandi riri mu rwego rwo gutegura ivugururwa ryari risanzwe riteganyijwe.
Iyi nyubako igizwe n’amagorofa 12 n’andi ane yo munsi y’ubutaka, yubatswe n’umuntu ku giti cye nyuma igurwa na Leta mu rwego rwo kugabanya amafaranga y’icumbi yakoraga ku gukodesha inyubako z’abikorera, nk’uko byari byatangajwe ubwo yinjirwagamo mu 2023.
Uretse RDB, iyi nyubako inakorerwamo n’ibindi bigo bikomeye bya Leta birimo REMA, RHA, RMB n’ibindi.
Nubwo byatangajwe ko ari ivugurura risanzwe, bamwe mu bakozi batashatse kwivuga amazina babwiye impinga.rw ko hari ibibazo byatangiye kugaragara mu myaka ibiri ishize, birimo ibifitanye isano n’imiterere y’inyubako.
Ibi byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bibaza uburyo inyubako igurwa na Leta mu gihe gito ikagaragaza ibibazo bituma ifungwa ngo isanwe. Hari n’abagaragaza impungenge ku mikorere y’amasoko ya Leta mu mishinga y’inyubako zikomeye.
Kugeza ubu, nta bisobanuro birambuye byatanzwe ku by’igihe ivugurura rizamara cyangwa ingengo y’imari rizatwara.










