• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Gukora imibonano mpuzabitsina kabiri mu Cyumweru birinda ibyago byo kurwara kanseri

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
May 11, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Igikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina iyo gikozwe neza kandi cyitondewe uretse kuba gitanga ibyishimo bigira n’inyungu nyinshi ababikora zirimo kugira ubuzima bwiza, kuramba, ndetse ikora nka siporo y’umutima n’umusemburo uvugurura uturemangingo tw’umubiri.

Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Chicago yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko gukora imibonano mpuzabitsina ku bagabo nibura inshuro ziri hagati y’imwe n’ebyiri bigabanya ibyago byo kurwara kanseri y’udusabo tw’intanga ku kigero kiri hagati ya 20% na 30%.

Imibare y’iyi kaminuza yerekanye ko abagabo basohora byibura inshuro 21 cyangwa zirenga mu kwezi bafite amahirwe menshi yo kutarwara iyi kanseri.

Si ibyo gusa kandi kuko ubushakashatsi bw’iyi kaminuza yo muri Amerika bwerekanye ko gutera akabariro byongera igihe umuntu ashobora kumara ku Isi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu barenga ibihumbi 15 muri Amerika bwerekanye ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina nibura inshuro imwe mu Cyumweru bongera amahirwe yo kurama ku kigero cya 50% ugereranyije n’abayikora gake cyangwa abatayikora na gato. Mu gihe ku bagore byongera hagati y’imyaka 3 na 6 ku yo bari kuzamara.

Abagabo bakora imibonano mpuzabitsina nibura inshuro 2 mu Cyumweru bagabanya ibyago byo kurwara indwara z’umutima ku kigero cya 45% ugereranyije n’abayikora rimwe mu kwezi cyangwa gake.

Ku ruhande rw’abagore ubu bushakashatsi bwerekanye ko abanyurwa n’imibonano mpuzabitsina bafite amahirwe menshi yo kutagira umuvuduko ukabije w’amaraso ndetse bikomeza imikaya yo mu mayunguyungu bigatuma bigabanya ibyago byo guhura n’ikibazo cyo kutabasha gufata inkari.

Ubushakashatsi bwakorewe muri Kaminuza ya Wilkes yo muri Amerika bwerekanye ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina inshuro 1 cyangwa 2 mu cyumweru bongera abasirikare b’umubiri bo mu bwoko bwa Immunoglobulin A (IgA), ibi bituma umubiri ubasha guhangana n’izindi ndwara zoroheje nk’inkorora n’ibicurane.

Bwerekana ko kandi mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, umugabo atwika ibinure by’umubiri bingana na karoli 4.2 ku munota, naho umugore agatwika izingana na 3.1 ku munota.

Gukora imibonano mpuzabitsina neza biringaniza umuvuduko w’amaraso, bikagabanya ibyago byo kurwara umutima, no kuvubura imisemburo y’ibyishimo nka Oxytocin na DHEA, bigatuma umuntu asaza neza kandi agahorana itoto.

Previous Post

Miley Cyrus agiye kwandikwa mu mateka ya Hollywood Walk of Fame

Next Post

Dance Mamweeta agiye guhuriza abakunzi b’imbyino

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Africa Centres for Disease Control and Prevention yatangaje ko icyorezo gishya cya Ebola cyadutse mu burasirazuba bwa Democratic Republic of...

Ibinini bishya byo kudasaza bigeye gusohoka bishobora kuzana ibyiza byinshi n’ingaruka mbi

Ibinini bishya byo kudasaza bigeye gusohoka bishobora kuzana ibyiza byinshi n’ingaruka mbi

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abashakashatsi bavuga ko imiti mishya ishobora gutinza gusaza ishobora kuboneka mu myaka 5 iri imbere, igahindura cyane uko abantu babaho....

Next Post
Dance Mamweeta agiye guhuriza abakunzi b’imbyino

Dance Mamweeta agiye guhuriza abakunzi b’imbyino

RPL na FERWAFA mu makimbirane ku gikombe cya Shampiyona

RPL na FERWAFA mu makimbirane ku gikombe cya Shampiyona

“Sinshobora kongera gukorana na Dre Cali” – Ykee Benda

“Sinshobora kongera gukorana na Dre Cali” - Ykee Benda

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.