Umuhanzikazi wo muri Uganda Sheebah Karungi yavuze ko nta kibazo yabona cyo kuba mu rushako rw’abagore benshi, ndetse ko ashobora no kuba umugore wa kane cyangwa uwa 10 mu gihe harimo kumvikana no kubwizanya ukuri.
Mu kiganiro cye cya podcast, Sheebah yavuze ko uburyo abona urukundo budashingira cyane ku mubano w’urukundo rusanzwe, ahubwo ko ashyira imbere ihuza ry’amarangamutima n’ibitekerezo hagati y’abakundana.
Yagize ati: “Icy’ingenzi ni uko umuntu abinsobanurira kandi nkamenyana n’abandi bagore be. Nibasanga ari abantu beza, nta kibazo mbifite. Nshobora kuba umugore wa kane cyangwa n’uwa 10 kuko kuri njye si romance iba ifite agaciro cyane.”
Sheebah yavuze kandi ko ikintu giha agaciro umubano ari uburyo abantu baganira kandi bakumvikana, aho kuba guhora bari kumwe buri gihe.
Ati: “Urukundo rwanjye rushingira ku bitekerezo no ku marangamutima. Iyo twumvikana mu mutima, ushobora no kuba uri kumwe n’abandi bagore bawe, igihe cyose umpamagara tukavugana. Ndetse nshobora no kwemera kumara amezi atandatu tutabonana.”
Aya magambo ye yakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bashimye uko abona urukundo mu buryo bwihariye, mu gihe abandi batemeranya n’igitekerezo cyo kwemera gushaka umugabo ufite abandi bagore.







