Umunyarwanda ukizamuka Elvin Cena akomeje kwandika amateka mashya mu muziki mpuzamahanga nyuma y’uko indirimbo ye “Let Me Be” yisanze ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Billboard mu ndirimbo za Afrobeat zikunzwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibi byatumye Elvin Cena aba umwe mu bahanzi bakomeje kugaragaza ko umuziki nyarwanda uri gutera intambwe ikomeye ku rwego mpuzamahanga, akurikira inzira yatangijwe na mugenzi we Bruce Melodie, wabaye umwe mu ba mbere b’Abanyarwanda bageze kuri Billboard mu 2024.
Indirimbo yaciye ibintu
“Let Me Be” ni yo ndirimbo yahinduriye ubuzima bwa Elvin Cena, ikamuzamura mu rwego mpuzamahanga mu gihe gito cyane.
Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo budasanzwe, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), ibintu bikomeje kugibwaho impaka mu muziki ku Isi.
Mbere yo kumenyekana cyane, Elvin Cena yari yarashyize hanze iyi ndirimbo ayita “The Second Voice” kugira ngo atagaragara ako kanya nk’umuhanzi ukoresha AI.
Nyuma yo gutangira gukundwa cyane, ni bwo yayisohoye ku mugaragaro ku mbuga ze za muzika na YouTube.
Amateka ku rutonde rwa Billboard
Mu cyumweru gisozwa ku wa 9 Gicurasi 2026, “Let Me Be” yageze ku mwanya wa mbere, isimbuye “Chanel” ya Tyla yari isanzwe iyoboye urwo rutonde.
Izindi ndirimbo zikomeye ziri mu icumi za mbere zirimo “Shake It To The Max” ya Moliy na Shenseea, “Worship” ya Asake, “I Am” ya Omah Lay n’izindi ndirimbo z’abahanzi bakomeye muri Afurika.
Uko urugendo rwe rumeze
Elvin Cena, ufite imyaka 21, yatangiye umuziki mu 2020 ariko ntiyahise amenyekana.
Ubu ari kubarizwa mu Bufaransa aho akomeje amasomo ye, ariko ibikorwa bye bya muzika bikomeje kumugeza kure.
Impinduka ku muziki nyarwanda
Kwinjira kwa Elvin Cena ku isonga rya Billboard ni intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda, igaragaza ko Abanyarwanda bari kugenda begera isoko mpuzamahanga.
Ni amateka akurikira ayanditswe na Bruce Melodie, afungura amarembo ku bandi bahanzi b’Abanyarwanda bashaka kugera ku rwego rwo hejuru.
Ikizakurikiraho
Mu gihe Billboard iteganya gusohora urundi rutonde mu cyumweru gitaha, amaso ya benshi ahanzwe Elvin Cena kugira ngo harebwe niba azakomeza kugumana umwanya wa mbere cyangwa niba hazabaho impinduka mu bahatanira isoko rya Afrobeat.








