Cb Talker yasabye abahanzi n’abakora content muri Uganda gushyira imbere gukorana no gufashanya, nyuma yo guhagararira igihugu mu nama ya ASMIS Content Creators Summit yabereye i Addis Ababa.
Muri iyi nama,Cb Talker yari kumwe n’undi munyabugeni unakora content muri Uganda, Teg Teg, aho bahuye n’abakora digital content barnga 200 baturutse hirya no hino ku isi, muri iyo nama kandi basangiye ibitekerezo n’ubumenyi ku buryo uruganda rwa content rukomeje guhinduka.
Agaruka kuri iyi nama, Cb Talker yavuze ko kimwe mu bintu byamukoze ku mutima ari uburyo abakora content bo hanze bakorana cyane kandi bagafashanya kuzamurana. Ibintu yavuze ko abakora content bo muri Uganda bakeneye guhinduraho.
Yagize ati: “Bakora content bo hanze barakorana cyane kandi bafite ubwumvikane. Mwabonye nkiri kumwe na William Last KRM, umwe mu ba content creator bakomeye ku isi, agira urugwiro kandi yanakoranye na buei wesewari muri iyo nama.”
Yakomeje avuga ko muri creators 261 bari bitabiriye inama, William Last KRM yakoranye amashusho n’abarenga 100, ibintu avuga ko bigaragaza umutima mwiza noo kwifuriza abandi iterambere.
Cb Talker yavuze kandi ko abakora content muri Uganda bakwiye kwiga gushyigikirana, kuko hari bamwe bakorana n’abandi ariko ntibabashyireho tags cyangwa ngo babavuge, ibintu avuga ko bidindiza iterambere rya bose.
Ati: “Twe Abagande icyo dukwiye kunoza ni imikoranire. Hari igihe ukorana n’umuntu ariko akanga ku kuvuga no gushyiraho tag. Ibyo bikwiye guhinduka.”
Yashoje avuga ko gukorana hagati y’abakora digital content muri Ugandabishobora gufasha ibikorwa byabo kugera ku rwego mpuzamahanga no kuzamura izina ry’igihugu.








