Uyu munsi imyaka 45 irashize icyamamare cya reggae Bob Marley cyitabye Imana, ariko amateka n’umuziki we biracyakora ku mitima ya benshi ku isi.
Nubwo Bob Marley azwi cyane kubera indirimbo ze zakunzwe nka “One Love” na “No Woman, No Cry”, hari byinshi abantu benshi batazi ku buzima bwe mbere no mu gihe yari amaze kuba icyamamare muri reggae.
Bob Marley yafashije reggae kwamamara mu Buyapani
Mu 1975, Bob Marley yasuye u Buyapani aho yahuriye n’umucuranzi w’ingoma Masahito “Pecker” Hashida. Uwo mubano watumye bakorana kuri album ebyiri zikomeye zirimo Pecker Power na Instant Rasta, zagize uruhare rukomeye mu gukundisha reggae Abayapani.
Ni na ho havuye injyana yiswe J-Reggae, ivanga reggae yo muri Jamaica n’imiziki y’Abayapani. Kugeza n’ubu, reggae iracyakunzwe cyane mu Buyapani ndetse hakaba n’amaserukiramuco ayihariye aba buri mwaka.
Yahawe umudari w’amahoro wa ONU
Mu 1978, Bob Marley yahawe umudari w’amahoro wa ONU kubera uruhare rwe mu guharanira amahoro muri Jamaica yari iri mu bibazo bya politiki n’urugomo.
Icyo gihe yari yakoze igitaramo cyiswe One Love Peace Concert, aho yahuje abanyapolitiki babiri bari bamaze igihe badacana uwaka, bagasuhuzanya imbere y’imbaga y’abantu.
Iki gikorwa cyafashwe nk’intambwe ikomeye mu gushaka amahoro muri Jamaica.
Yigeze gusoma imirongo yo mu biganza
Mbere yo kuba icyamamare mu muziki, Bob Marley yari azwi iwabo muri St Ann muri Jamaica nk’umuntu usoma imirongo yo mu biganza akabwira abantu iby’ejo hazaza habo.
Abamwegereye bavuga ko hari byinshi yavugaga byabaga impamo, ibintu byatumaga bamwe bamufata nk’umuntu udasanzwe.
Gusa nyuma yaje kubireka kubera imyemerere y’idini rya Rastafari yari abarizwamo.
Yigeze gukora mu ruganda rwa Chrysler
Mu myaka ya mbere ataramenyekana mu muziki, Bob Marley yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yakoraga mu ruganda rwa Chrysler muri Delaware.
Yakoranaga amasaha y’ijoro aterura imizigo ndetse ateranya imodoka. Bamwe mu nshuti ze bavuga ko ako kazi ari ko kamuhaye igitekerezo cy’indirimbo “Night Shift” yaje gusohora nyuma.
Nubwo Bob Marley yapfuye ku wa 11 Gicurasi 1981 afite imyaka 36 gusa, umuziki we, ubutumwa bwe n’amateka ye bikomeje kubaho no gukundwa n’abatari bake hirya no hino ku isi.








