Umuhanzi wo muri Uganda Ykee Benda yagaragaje ibitekerezo byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko gushaka bitagomba gufatwa nk’ikintu cyerekana ko umuntu yageze ku ntsinzi mu buzima.
Uyu muhanzi yasobanuye ko kuba umuntu yarashatse bidakwiye kumushyira hejuru y’abatarashaka, kandi ko abantu bakwiye kwirinda gupima agaciro k’umuntu bashingiye ku kuba yarashatse cyangwa atarashatse.
Yagize ati: “Gushaka si igikorwa cy’intsinzi, ntugomba gutekereza ko kuba warashatse bigutandukanya n’abatarashatse.”
Asaba abantu kwitondera uwo bashakana
Ykee Benda yasabye abakunzi be gufata umwanya uhagije mbere yo gufata icyemezo cyo gushaka, bakabanza gusobanukirwa neza inshingano n’ibibazo bishobora kujyana n’urushako.
Yavuze ko abantu benshi bashyirwaho igitutu n’imyumvire y’abaturage ku buryo bumva bagomba gushaka vuba, nyamara batiteguye neza ubuzima bwo kubana nk’umugabo n’umugore.
Anenga imiryango igishyira abantu mu rushako ku gahato
Uyu muhanzi yanagaragaje ko atewe impungenge n’uko hari aho ugisanga abantu bashyingirwa ku gahato, nubwo isi igeze mu mwaka wa 2026.
Yagize ati hari abagabo n’abagore bashyingirwa batabishaka kubera igitutu cy’imiryango cyangwa umuco, ibintu avuga ko bidakwiye kubaho muri iki gihe.
Yongeyeho ko kuba umuntu yarashatse bitavuze ko ari we ufite inshingano kurusha abandi, anavuga ko hari abagore bashobora kuba babayeho neza bonyine cyangwa bakiri mu miryango yabo kurusha abashatse ariko babayeho nabi.
Yagize ati: “Umugore uba wenyine akora kandi yitunze ashobora kuba ameze neza kurusha uwashatse ariko akabaho nabi.”
Mu gusoza, Ykee Benda yasabye abantu kudafata icyemezo cyo gushaka kubera igitutu cy’abaturage, ahubwo bakabanza kureba niba biteguye neza ubuzima bw’urushako n’ibibazo rushobora kuzana.








