Mu gihe isi igenda irushaho kugenda imenya ibijyanye n’imigendere y’abantu n’ubwisanzure bwo guhitamo aho bifuza kuba, ikibazo cy’ubwenegihugu gikomeje kuba ingingo itavugwaho rumwe, cyane cyane ku bantu b’ibyamamare.
Ni muri urwo rwego Dj Ira yongeye kugaruka ku cyemezo yafashe cyo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda, asobanura ko ari uburenganzira bwe bwo gusaba ubwenegihugu.
Mu magambo ye, yagaragaje ko atumva impamvu icyemezo cye gikomeje guteza impaka, nyamara amategeko yemera ko umuntu ashobora kugira ubwenegihugu burenze bumwe.
Ati: “Njye kugeza n’ubu sinumva ikibazo gihari… Gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda ni kimwe no kuba nasaba ubwa Amerika cyangwa Canada.”
Yasobanuye ko guceceka kwe byafashwe nabi, bamwe bakeka ko yaba yarahatiwe cyangwa ko yaba atishimiye icyemezo yafashe, ariko ahamya ko byari amahitamo ye bwite.
Uyu mukobwa wamenyekanye cyane mu Rwanda, yagaragaje ko amahirwe yabonye muri iki gihugu ari yo yamugize uwo ari we uyu munsi, bityo akaba yarifuje kuhagira nk’iwabo mu buryo bwemewe n’amategeko.
Ati: “Natangiriye mu Rwanda, nahabonye ibyo gukora. Ntabwo barebaga ko ndi umunyamahanga.”
Ku rundi ruhande, yanenze abamwibasira, avuga ko ikibazo kidashingira ku cyemezo yafashe, ahubwo ko hari bamwe bafite amarangamutima mabi ku gihugu cy’u Rwanda.
Ati: “Ntabwo ikibazo kiri kuri njye… ni urwango mufitiye u Rwanda.”
Ibi bibazo byatangiye kuvugwa cyane nyuma y’uko amazina ye agaragaye ku rutonde rw’abantu bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, rwasohotse mu Igazeti ya Leta muri Mata 2025, rukurikira ubusabe yari yatanze asaba ubwenegihugu.
Perezida Paul Kagame icyo gihe yagaragaje ko nta kibazo abona, asaba gusa ko hakurikizwa amategeko agenga itangwa ryabwo.
Inkuru ya Dj Ira igaragaza urugero rw’umunyempano wabonye amahirwe mu kindi gihugu, akagifata nk’iwabo ha kabiri, ndetse akifuza kugira ubwenegihugu, nubwo byagiye biteza impaka mu baturanyi.











