Amagambo akomeye Perezida Donald Trump aherutse kuvuga kuri Papa Leo, ndetse n’ishusho yakozwe na AI imwerekana nka Yezu, byateje impaka zikomeye. Ibi byatumye bamwe mu Bakatorika bamushyigikiraga cyane batangira kumwivumburaho.
Amagambo ya Trump yateje impaka mu Bakatorika
Si ubwa mbere Donald Trump anengwa n’abayobozi ba Kiliziya Gatolika. Politiki ye ku kibazo cy’abimukira yari yarateje kutumvikana gukomeye hagati ye n’abayobozi b’iri dini muri Amerika.
Ariko ibintu byafashe indi ntera mu byumweru bishize. Trump yanenze Papa Leo ku mugaragaro. Yanakwirakwije ku mbuga nkoranyambaga ishusho yakozwe n’ikoranabuhanga rya AI imwerekana asa na Yezu Kristu.
Ibi byarakaje Abakatorika benshi, cyane cyane abagendera ku mahame ya kera (conservatives). Abenshi bavuga ko kumvisha Papa amagambo akomeye ari ugutuka Kiliziya ubwayo.
Intambara ya Iran nayo yatumye habaho kutumvikana
Ikindi cyateje impaka ni intambara Amerika iri kurwana na Iran. Abayobozi benshi ba Kiliziya Gatolika muri Amerika ntibigeze bayishyigikira.
Musenyeri Robert Barron, umwe mu bashyigikiye Trump kenshi, yasabye ko Perezida wa Amerika yasaba imbabazi Papa kubera amagambo yamuvuzeho.
Musenyeri Joseph Strickland na we yavuze ko abakirisitu bagomba gushyira Kristu imbere aho gushyira imbere ubutegetsi cyangwa imbaraga za gisirikare.
Yavuze ko iyi ntambara idakwiriye kwitwa intambara “y’ukuri”, bitewe n’umubare munini w’abasivili bapfa n’imibabaro iterwa n’intambara.
Yongeyeho ko gukoresha idini mu gusobanura ibitero bya gisirikare binyuranyije n’inyigisho za gikirisitu.
Trump ashobora gutakaza bamwe mu bamushyigikiye
Abasesenguzi bavuga ko uku kutumvikana gushobora kugira ingaruka muri politiki ya Trump.
Ubushakashatsi bwa Pew Research Center bwerekanye ko mu matora ya 2024, Abakatorika benshi b’abazungu bashyigikiye Trump ku kigero cya 62%. Mu Bakatorika b’Abesipanyolo ho, benshi bashyigikiye Kamala Harris.
Nubwo Abakatorika benshi begamiye ku ishyaka ry’Abarepubulikani, baracyatandukana ku bibazo byinshi birimo gukuramo inda n’abimukira.
Peter Wolfgang, umwe mu bayobozi b’itsinda ry’Abakatorika bashyigikira amahame ya kera, yavuze ko Trump ashobora gutakaza bamwe mu bamushyigikiye.
Yagize ati: “Papa si umukuru w’igihugu gusa. Ni Intumwa ya Yezu. Iyo umuyobozi w’igihugu amunenze ku mugaragaro, Abakatorika benshi babifata nk’igitero kuri Kiliziya.”
Abasesenguzi bavuga ko uko Trump akomeza kunenga Papa Leo, ari ko ashobora kugenda atakaza bamwe mu Bakatorika bamushyigikiraga.










