• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 23, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Iyobokamana

Trump na Papa mu makimbirane akomeje kuvugisha benshi

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 19, 2026
Reading Time: 1 min read
A A


Amagambo akomeye Perezida Donald Trump aherutse kuvuga kuri Papa Leo, ndetse n’ishusho yakozwe na AI imwerekana nka Yezu, byateje impaka zikomeye. Ibi byatumye bamwe mu Bakatorika bamushyigikiraga cyane batangira kumwivumburaho.

Amagambo ya Trump yateje impaka mu Bakatorika

Si ubwa mbere Donald Trump anengwa n’abayobozi ba Kiliziya Gatolika. Politiki ye ku kibazo cy’abimukira yari yarateje kutumvikana gukomeye hagati ye n’abayobozi b’iri dini muri Amerika.

Ariko ibintu byafashe indi ntera mu byumweru bishize. Trump yanenze Papa Leo ku mugaragaro. Yanakwirakwije ku mbuga nkoranyambaga ishusho yakozwe n’ikoranabuhanga rya AI imwerekana asa na Yezu Kristu.

Ibi byarakaje Abakatorika benshi, cyane cyane abagendera ku mahame ya kera (conservatives). Abenshi bavuga ko kumvisha Papa amagambo akomeye ari ugutuka Kiliziya ubwayo.

Intambara ya Iran nayo yatumye habaho kutumvikana

Ikindi cyateje impaka ni intambara Amerika iri kurwana na Iran. Abayobozi benshi ba Kiliziya Gatolika muri Amerika ntibigeze bayishyigikira.

Musenyeri Robert Barron, umwe mu bashyigikiye Trump kenshi, yasabye ko Perezida wa Amerika yasaba imbabazi Papa kubera amagambo yamuvuzeho.

Musenyeri Joseph Strickland na we yavuze ko abakirisitu bagomba gushyira Kristu imbere aho gushyira imbere ubutegetsi cyangwa imbaraga za gisirikare.

Yavuze ko iyi ntambara idakwiriye kwitwa intambara “y’ukuri”, bitewe n’umubare munini w’abasivili bapfa n’imibabaro iterwa n’intambara.

Yongeyeho ko gukoresha idini mu gusobanura ibitero bya gisirikare binyuranyije n’inyigisho za gikirisitu.

Trump ashobora gutakaza bamwe mu bamushyigikiye

Abasesenguzi bavuga ko uku kutumvikana gushobora kugira ingaruka muri politiki ya Trump.

Ubushakashatsi bwa Pew Research Center bwerekanye ko mu matora ya 2024, Abakatorika benshi b’abazungu bashyigikiye Trump ku kigero cya 62%. Mu Bakatorika b’Abesipanyolo ho, benshi bashyigikiye Kamala Harris.

Nubwo Abakatorika benshi begamiye ku ishyaka ry’Abarepubulikani, baracyatandukana ku bibazo byinshi birimo gukuramo inda n’abimukira.

Peter Wolfgang, umwe mu bayobozi b’itsinda ry’Abakatorika bashyigikira amahame ya kera, yavuze ko Trump ashobora gutakaza bamwe mu bamushyigikiye.

Yagize ati: “Papa si umukuru w’igihugu gusa. Ni Intumwa ya Yezu. Iyo umuyobozi w’igihugu amunenze ku mugaragaro, Abakatorika benshi babifata nk’igitero kuri Kiliziya.”

Abasesenguzi bavuga ko uko Trump akomeza kunenga Papa Leo, ari ko ashobora kugenda atakaza bamwe mu Bakatorika bamushyigikiraga.

Previous Post

Collagen ifasha uruhu, ariko ntihagarika iminkanyari

Next Post

“Kwibwa igitsina” guteje impagarara mu Burundi na RDC

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Ku nshuro ya mbere muri Tanzania hatowe umukobwa uhiga abandi mu buranga ngo azahagararire iki igihugu muri Miss World Tanzania...

Collagen ifasha uruhu, ariko ntihagarika iminkanyari

Collagen ifasha uruhu, ariko ntihagarika iminkanyari

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Gufata inyunganiramubiri za collagen buri munsi bishobora kongera ububobere bw’uruhu no kurufasha kugumana amazi. Icyakora, ubushakashatsi bushya bugaragaza ko idashobora...

Prosper Nkomezi agiye gutaramira muri USA

Prosper Nkomezi agiye gutaramira muri USA

by Alex RUKUNDO
4 days ago

Mu gihe umuziki wo kuramya no guhimbaza ukomeje kwaguka hirya no hino, abahanzi nyarwanda bawukora bagenda babona amahirwe mashya mu...

Next Post
“Kwibwa igitsina” guteje impagarara mu Burundi na RDC

“Kwibwa igitsina” guteje impagarara mu Burundi na RDC

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

USA: Umugabo arakekwaho kurasa abana umunani, barindwi muri bo bari abe

USA: Umugabo arakekwaho kurasa abana umunani, barindwi muri bo bari abe

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice
Imyidagaduro

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
April 22, 2026
Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali
Imyidagaduro

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
April 22, 2026
Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?
Ubuzima

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

by Alex RUKUNDO
April 22, 2026
Ykee Benda yavuze ku gahinda gakabije yanyuzemo
Imyidagaduro

Ykee Benda yavuze ku gahinda gakabije yanyuzemo

by Alex RUKUNDO
April 22, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.