Umuhanzikazi Spice Diana yatangaje ko yarokotse igitero giteye ubwoba cy’abantu batazwibari bari bagambiriye ku mugirira nabi ubwo yari mu gitamo.
Agaruka kubantu bashatse ku mugirira nabi, uyu muhanzikazi yavuze ko ibintu byabaye bibi ubwo yari agiye kuva ku rubyiniro. Nk’uko abivuga, abo bantu bagabye igitero bagaragaraga nk’abari bafite mubisha kuriwe
Yagize ati: “Bari kunkubita cyagwa bakanyica. Twari tuvuye mu gitaramo, ubwo umugabo yagerageazaga kuntera icupa nahise nihutira kwinjira mu modoka.”
Akomeza avuga ko umwe mubarinzi be yahise amutabara, amwikingaho ndetse namwinjiza mu modoka amuvana aho. Ariko icyo gikorwa cy’ubutwari umurinzi we yakoze cyishyuwe igiciro gikomeye.
Yagize ati: “Umurinzi wanjye yagerageje kunyinjiza mu modoka, mu gihe nyinjira mu modoka abantu baramwegereye maze baramukubita cyane. Twahise duhunga, dutabara ubuzima bwacu, tumusiga inyuma. Na we yagerageje guhunga aza ahondi, yari yakomerekejwe cyane ku buryo utamumenya.”
Spice Diana yakomeje avuga ko nyuma yaje kumenya ko icyo gitero cyateguwe. Yavuze ko hari umuntu bivugwa ko wari wishyuye abo bantu ngo bamugirire nabi we n’itsinda rye.
Icyakora, yanze kuvuga muntu ushijwa kuba ari inyuma y’icyo gitero, yanavuze ibyo bintu Atari bishya mu kazi ke.
Nubwo yahuye n’iki kibazo gikomeye, Spice Diana yavuze ko bimugora kwerekana uburakari bwe ku bantu bamwifuriza ibibi.
Yasoje agira ati: “Nakifuje kugira umutima utandukanye n’uwo mfite, nk’wamp umutima ushobora kurakarira abantu bamwe. Ariko ntibyashobokera.”










