Umuhanzi w’umwogereza wahoze mu itsinda ryamamaye nka One Direction, Harry Styles, yatereye imvi umukinnyi wa Filime, Zoë Kravitz
Abantu bahafi yabo bahamirije ikinyamakuru Page Six ko uyu mugore akimara guterwa ivi yahise abyemera azuyaje, nyuma y’uko bari bamaza igige mu munyenga w’urukundo.
Mu minsi ishize, nibwo Zoë yafashwe amashusho yambikwa impeta ya zahabu. Gusana nanone, ntiharatangazwa amakuru yerekeye iby’ubukwe bwabo.

Kuri Harry ni ubwa mbere agiye gushyingirwa. Mu gihe ku ruhande rwa, Zoë yari yarashyingiranywe n’abagabo babiri bakaza gutandukana. Uwa mbere ni Karl Glusman, mu gihe uwa kabiri ari umukinnyi wa filime witwa Channing Tatim bashingiranywe mu Ukwakira 2023, bakaba baratandukanye bataramarana umwaka.
Harry Styles yamenyekanye mu itsinda rya One Direction ryabaye ubukombe mu mateka y’umuziki w’Isi. Kuva mu 2016 ubwo iri tsinda ryatandukanaga burundu, kimwe na bagenzi be baciye ukwabo, yahise atangira gukora umuziki ku giti cye. Kuva mu 2017 kugeza ubu gukora umuziki abifatanya na sinema.








