Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze FC Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League 2025/2026, mu mukino wagaragayemo ishyaka n’ibitego byinshi bidasanzwe.
Uyu mukino wabereye kuri Parc des Princes watangiye ku muvuduko wo hejuru, amakipe yombi asatirana ashaka igitego hakiri kare. Ku munota wa 17, Harry Kane yafunguye amazamu kuri penaliti, aha Bayern Munich icyizere cyo kuyobora umukino.
Icyakora, PSG ntiyatinze gusubiza. Ku munota wa 24, Ousmane Dembele yatsinze igitego cyo kwishyura, mbere y’uko Joao Neves atsinda icya kabiri ku mupira yahawe na Dembele. Bayern nayo yaje kwishyura ku munota wa 41 binyuze kuri Michael Olise, bituma amakipe ajya kuruhuka ari 2-2.
Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, Dembele yongeye gutsinda penaliti, PSG ijya kuruhuka iyoboye ibitego 3-2.
Mu gice cya kabiri, PSG yakomeje gusatira cyane. Ku munota wa 56, Khvicha Kvaratskhelia yatsinze igitego cya kane, nyuma y’uko Achraf Hakimi amuhaye umupira. Nyuma y’aho gato, Dembele yongeye gutsinda igitego cya gatanu, aba ari we mukinnyi wahize abandi muri uyu mukino.
Nubwo yari yasigaye inyuma, Bayern ntiyacitse intege. Ku munota wa 65, Dayot Upamecano yatsinze igitego akoresheje umutwe, naho ku munota wa 69 Luis Diaz atsinda icya kane cy’iyi kipe yo mu Budage.
Icyakora, Bayern yagerageje gushaka igitego cyo kwishyura biranga, umukino urangira PSG yegukanye intsinzi y’ibitego 5-4.
Uyu mukino wabaye uw’amateka, kuko ari ubwa mbere mu mikino ya 1/2 cya Champions League habonekamo ibitego 9 mu mukino umwe, ibintu byashimishije abafana b’umupira w’amaguru ku isi yose.
Uyu mukino kandi wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame. Aya makipe yombi akaba afitanye ubufatanye na leta y’u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda








