Maro yavuze ko Daddy Andre yamufashije kuzamura umuziki igihe yari mu ntangiriro, ati: “Ni we washyigikiye cyane mbere y’uko menyekanya.”
Mu kiganiro yagiranye n’umwe mu ba YouTuber, Maro yasobanuye uko urugendo rwe rwahuriranye na Daddy Andre mbere y’uko bombi bamenyekana.
Maro yavuze ko icyo gihe yari asanzwe akora umuziki ndetse anatunganya amashusho (video production), ibintu byatumye ahura na Andre binyuze ku muvandimwe we mukuru witwaga OJ.
Yavuze ko OJ yari umuhanga mu gutunganya amashusho, kandi icyo gihe namufashaga mugutunganya video. Ni muri ubwo buryo, Daddy Ndre yaje kumenya indirimbo za Maro, ahita azikunda cyane.
Yagize ati: “Nari mukuru muri bo, tujya guhura byanyuze ku muvandimwe we witwaga OJ wakoraga video, kandi nanjye icyo gihe ni byo nakoraga. Yajyaga afasha muri editing, Andre yumvise indirimbo yanjye arayikunda n’uko ayijyan ku mu-producer witwa Dre.”
Maro yakomeje avuga ko uwo mu-producer yongeye gutunganya iyo ndirimbo, ayihindurira beat, asaba Daddy Andre kuza kuyinyumvisha.
Ati: “Dre yakoze remix ya beat, abwira Andre ngo aze anyumvishe hanyuma nsubiremo iyo ndirimbo gendeye kuri iyo beat. Andre ni we watumye mbona breakthrough.”
Iyo ndirimbo ni Tonelaga, Maro yaje gusubiramo afatanyije n’inshuti ze barimo Empress, ibintu byahinduye cyane urugendo rwe mu muziki.
Yavuze ko nyuma yo kuyisubiramo, indirimbo yakunzwe cyane ku rwego rwo hejuru. Ati: “Twayisubiyemo, irakundwa cyane, ikwira hose.”
Maro ashimangira ko urukundo Daddy Andre yagiriye iyo ndirimbo ndetse n’imbaraga yashyizeho kugira ngo igere ku mu-producer ko ari byo byagize uruhare runini mu kumenyekana, ashimangira ko iyo atamufasha, aba ataramutse vuba nk’uko byagenze.








