Ikipe ya Arsenal FC yongeye kwandika amateka, igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20, itsinze Atletico Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½.
Uyu mukino wabereye kuri Emirates Stadium ku wa Kabiri, tariki ya 5 Gicurasi 2026, wari utegerejwe cyane kuko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza.
Saka ni we wabaye intwari
Umukino watangiye amakipe yombi yigana cyane, bigatuma uburyo bw’ibitego buba buke mu minota ya mbere.
Arsenal yageragezaga gusatira, ariko Atletico Madrid na yo igakomeza gukina yitonze ishaka uburyo bwo kuyitunguye.

Ku munota wa 35, Leandro Trossard yagushijwe mu rubuga rw’amahina, abakinnyi ba Arsenal basaba penaliti ariko umusifuzi arayihakanira.
Icyakora, ku munota wa 44, Trossard yongeye gukora akazi gakomeye atera ishoti rikomeye, umunyezamu Jan Oblak arirukamo, umupira usanga Bukayo Saka awusongamo neza atsinda igitego cy’intsinzi.
Igice cya mbere cyarangiye Arsenal iyoboye umukino n’igitego 1-0.
Atletico yagerageje, Arsenal irinda neza
Mu gice cya kabiri, Atletico Madrid yagarutse ishaka kwishyura, isatira kenshi ariko amahirwe ibona ntiyayabyaza umusaruro.
Arsenal na yo ntiyicaye, yakomeje kugerageza gushimangira intsinzi, aho Viktor Gyokeres yagerageje amahirwe atandukanye ku mipira yahabwaga na Piero Hincapie na Martin Odegaard, ariko ntibyagira icyo bihindura ku manota.
Mu minota ya nyuma y’umukino, Arsenal yakinishije ubwitonzi bwinshi, igabanya gusatira ishyira imbaraga mu kurinda igitego cyayo.
Amateka mashya ku Gunners
Umukino warangiye Arsenal itsinze Atletico Madrid igitego 1-0, ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma uzabera i Budapest muri Hongrie.
Ni ku nshuro ya kabiri Arsenal igeze ku mukino wa nyuma wa Champions League, aho iheruka kuhagera mu 2006 itsindwa na FC Barcelona.
Undi mukino utegerejwe
Undi mukino wa ½ uzahuza Bayern Munich na Paris Saint-Germain, uzaba ku wa Gatatu saa 21:00. Mu mukino ubanza, PSG yatsinze Bayern ibitego 5-4, ibintu bituma umukino wo kwishyura utegerejwe cyane.








