• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatangaje ko nta cyemezo cyigeze gifatwa cyo kurekura cyangwa guha imbabazi umuhanzi Sean “Diddy” Combs, nyuma y’uko amakuru yakwirakwijwe avuga ko Perezida Donald J. Trump ashobora kuba ari gutekereza kumurekura vuba.

Aya makuru yaturutse mu bitangazamakuru mpuzamahanga birimo TMZ na Daily Mail, aho byavugaga ko hari ibiganiro biri gukorwa hagati y’abo mu biro bya Perezida Trump n’abunganizi ba Diddy, hagamijwe kumusabira imbabazi kugira ngo agabanyirizwa igihano.

Nyuma y’uko ayo makuru akwirakwijwe, White House yasohoye itangazo ribivuguruza, rivuga ko ibyo ari ibihuha bidafite ishingiro.

White House yagize iti “Amakuru avuga ko hari umwanzuro wihariye wa Perezida Trump ku birebana no kubabarirwa kwa Sean Combs ni ibinyoma. Perezida ni we wenyine ufite ububasha bwo gutaga imbabazi, kandi kugeza ubu nta kintu na kimwe cyemejwe ku birebana n’uru rubanza.”

Umuraperi akaba n’umushoramari mu muziki Sean “Diddy” Combs w’imyaka 55, yahamijwe ibyaha birimo gucuruza abagore mu bihugu bitandukanye hagamijwe kubakoresha imibonano mpuzabitsina ndetse no gucuruza ibiyobyabwenge.

Ku itariki ya 3 Ukwakira 2025, umucamanza Arun Subramanian yamukatiye igihano cy’imyaka ine n’amezi abiri (50 months) y’igifungo, ndetse ategekwa no kuzagenzurwa igihe azaba arangije igihano (supervised release).

Mu rukiko, Diddy yahakanye ibyo aregwa byose, avuga ko ari ibikorwa byashyizwemo imbaraga n’abashaka kumusenya nk’umuntu w’icyamamare ufite izina rikomeye ku rwego rw’isi.

Nyuma yo guhamwa n’ibyaha, abunganizi be batangaje ko bazajurira uwo mwanzuro, ndetse banasaba ko yakwimurirwa mu gereza ifite umutekano, aho yabasha gukomeza ibikorwa bye byo kwandika indirimbo ze.

Previous Post

Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

Next Post

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.