• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi Mpuzamahanga, David Adedeji Adeleke OON wamenye nka Davido, yavuze ko mu bahanzi bakoranye kuri Album ye ya Gatanu yise ‘5IVE’ harimo babiri azakorana n’abo urugendo, kandi bazataramana mu gitaramo cye cya Gatanu azaba akoreye i Kigali.

Kuva mu myaka 14 ishize ari mu muziki, Davido yaciriye inzira benshi mu bahanzi akabashyira mu bitaramo bye bikomeye, agamije kubereka sosiyete no kubafasha kumenyekana.

Uko kumenyekanisha abandi bahanzi ni kimwe mu byamufashije kumenyekana, kuko mu bihe bitandukanye umuririmbyi w’umunyamerika, Chris Brown, yagiye amwitwaza mu bitaramo bye bikomeye byo hirya no hino ku isi.

Davido ategerejwe i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025 mu gitaramo kizabera muri BK Arena. Iki gitaramo cyateguwe na Intore Entertainment ku nkunga ya Skol Malt.

Bruce Twagira uhagarariye Intore Entertainment, yabwiye InyaRwanda ko Davido yabemereye ko hari abahanzi babiri mu bo yakoranye nabo kuri Album ye azazana i Kigali.

Kugeza ubu, Kitoko Bibarwa ni we muhanzi w’umunyarwanda watangajwe uzaririmba muri iki gitaramo.

Kizaba igitaramo kidasanzwe kuri Kitoko, kuko hashize imyaka 12 adataramira Abanyarwanda imbere mu gihugu. Uretse ibyo, azaba akiri mu minsi micye ageze i Kigali, aho yiyemeje gutura by’iteka nyuma y’igihe kinini abarizwa mu Bwongereza.

Album ya Davido, 5IVE, irimo indirimbo 17 ziganjemo imiziki itandukanye, harimo Afrobeats, R&B, Reggaeton, na Dancehall.

Indirimbo yihariye muri iyi Album ni ‘Offa Me’, ikoranye na Victoria Monét, umuhanzi w’umunyamerika watsindiye igihembo cya Grammy.

Indirimbo y’umuziki yacuranzwe na Haitian DJ na Producer Michael Brun, ifite amashusho yagaragaje urusobe rw’imbyino n’imibyinire yihariye.

Mu bandi bahanzi bagize uruhare muri Album ya 5IVE, harimo Chris Brown, Becky G, Omah Lay, Odumodublvck, Shenseea, Tayc, Dadju, YG Marley, ndetse n’umuhanzi wo muri Afurika y’Epfo, Musa Keys, n’abandi benshi.

Davido yavuze ko iyi Album irusha izindi zose gukomeza kumwubakira izina ku rwego mpuzamahanga, igaragaza ubuhanga bwe, urugendo rwe mu muziki, n’aho ageze ubu nk’umuhanzi ndetse n’umuntu.

Mu rwego rwo kumenyekanisha 5IVE, Davido yagiye mu rugendo rwo kuyamamaza mu mijyi itanu, harimo Los Angeles, New York, Atlanta, Paris, na London, aho abakunzi be babonye uburyo bwo kumwumva hafi mu buryo bwihariye. Ndetse, ari kwitegura ibitaramo azakorera iwabo muri Nigeria.

Davido, umuhanzi mpuzamahanga w’icyamamare mu muziki wa Afrobeats, ategerejwe i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025 mu gitaramo cye cya gatanu kizabera muri BK Arena, aho azazana abahanzi babiri bo kuri Album ye nshya 5IVE

Previous Post

Perezida wa UNMF, Eddy Kenzo, yashinje abantu bagoreka amagambo ye

Next Post

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.