• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Iserukiramuco ‘Oldies Festival’ rigiye kongera kuba, aho abagore bahawe umwihariko wo kuzafata umwanya munini mu gususurutsa abazaba baryitabiriye.

Basile Uwimana uri gutegura iri serukiramuco yavuze ko by’umwihariko, bazibanda ku guhesha agaciro abagore, aho bazagira uruhare rugaragara mu myidagaduro, cyane cyane mu kazi k’ubushushyarugamba no kuvanga imiziki.

Yavuze ko iserukiramuco rya Oldies Festival kuri iyi nshuro rizabera muri Kigali Universe tariki 6 Ukuboza 2025.

Ati “Kuva ‘Oldies Festival’ yatangira, abari aba-DJ ndetse n’abashyushyarugamba akenshi babaga ari abagabo. Ubu rero twahisemo guha umwanya n’abari n’abategarugori. Ni ukuvuga ngo muri aba-DJ hazabamo abakobwa, ndetse n’umushyushyarugamba nyamukuru azaba ari umugore.”

Uwimana yongeyeho ko indi mpinduka izaba itandukanye n’iy’ibindi bihe ari ‘Live Band’ iri mu za mbere mu Rwanda, izacuranga umuziki wo mu myaka yo hambere, ihuza injyana za kera n’iz’ubu mu buryo bwo gususurutsa abitabira.

Iri serukiramuco ryaherukaga kuba tariki ya 26 Nyakanga 2025, naryo ryabereye muri Kigali Universe. Kuri iyo nshuro, ryari ryitabiriwe n’abatari bake bakunda umuziki n’umuco wo hambere, ndetse hahembwe abahize abandi mu myambarire barimo Mugisha Emmanuel wamamaye nka Clapton Kibonge muri Cinema.

Uretse igitaramo nyamukuru, iri serukiramuco risanzwe riherekezwa n’ibiganiro ku mateka y’umuziki nyarwanda, ibiganiro by’abahanga mu myambarire ya kera, ndetse n’imurikabikorwa ry’abanyabugeni n’abashushanya bigaragaza iterambere ry’ubuhanzi n’umuco kuva kera.

Ku isi hose, amaserukiramuco nk’aya akunze kuba urubuga rwo guhuza abakunzi b’umuziki n’abahanzi bakunda kwibuka ibihe byahise. Mu birori nk’ibi, abitabira baba bambaye imyambaro ya kera, bagaragaza uburyo umuco n’imideli byagiye bihinduka.

Previous Post

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Next Post

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.