• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubutabera

Urubanza rwa Kalisa Adople rwimuriwe ku wa 25 Nzeri 2025

Peacemaker PUNDIT by Peacemaker PUNDIT
September 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’uko Kalisa Adolphe agaragaje imbogamizi z’uko atabonye dosiye yasabye ko yahabwa igihe gihagije akitegura iburana.

Ku wa 19 Nzeri 2025 Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwaburanishije urubanza rwa Kalisa Adople uri kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku minsi 30.Yasomewe imyirondoro avuga ko ariyo.

Ni umusaza w’imyaka 63 y’amavuko wavukiye I Burundi.Yabwiwe ibyaha akurikiranyweho byose arabihakana. Ibyaha bibiri, icyo kunyereza umutungo icya kabiri ni uguhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.

Kalisa Adolphe umwunganira yagaragaje imbogamizi z’uko atamenyeshejwe dosiye ku buryo atanayizi. Ubushinjacyaha ntabwo bwamumenyesheje dosiye ye.

Umwunganira Bizimana Emmanuel nawe kwihuza na sisiteme byabanje kugorana.Ubushinjacyaha bwahawe umwanya buvuga ko ari uburenganzira bwe kubona dosiye.

Bwasobanuye ko yabajijwe yunganiwe ariko kuba ari ubwa mbere agejejwe imbere y’ubutabera ,Urukiko mu bushishozi bwarwo bwafata umwanzuro ukwiriye.Kalisa Adolphe yari yambaye inkweto z’ubururu, pantaloons y’ubururu n’ishati y’amabara menshi, uruhara ku mutwe n’amadarubindi y’umweru yambarwa n’abari mu zabukuru. Urukiko rwabajije Maitre Bizimana Emmanuel ko bahitamo umunsi bifuza.

Kalisa Adolphe yongoreye umwunganira ko iminsi itatu ihagije noneho urukiko rubasaba kudashyiramo intera ndende. Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko hari amasiganwa ategerejwe y’irushanwa ry’isi ry’amagare ku buryo bareba uko batazagongwa n’ayo masiganwa.

Uyoboye inteko iburanisha yabwiye Ubushinjacyaha ko urukiko baganiriye ku mbogamizi z’inzira mu gutebya avuga ko niyo abacamanza bajya bambara imyenda ya Sport bajya bagera ku rukiko ariko imanza zihuta zikaburanishwa. Urukiko rwimuriye iburanisha ku itariki 25 Nzeri 2025 saa tatu (ku wa kane)kugirango Kalisa Adolphe abanze ategure dosiye nk’uko abisabwa.Icyaha cyo guhimba, guhindura, cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano gihanwa n’ingingo ya 276 y’Itegeko Nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyo abihamijwe n’urukiko, umuntu ahanishwa igifungo kuva ku myaka itanu kugeza ku irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenga miliyoni eshanu cyangwa kimwe muri ibyo bihanoIngingo ya 10 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa iteganya ko uhamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze 10 n’ amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva ku nshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.

Previous Post

Kalisa Adolphe agiye kuburana

Next Post

Amasaha y’utubari yashyizwe saa kumi

Peacemaker PUNDIT

Peacemaker PUNDIT

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Ambassadors of Christ Choir igiye kwizihiriza isabukuru y’imyaka 30 muri Bk Arena

Ambassadors of Christ Choir igiye kwizihiriza isabukuru y’imyaka 30 muri Bk Arena

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Ambassadors of Christ Choir ibarizwa mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera, igiye gukora igitaramo cy'amateka cyo kwizihiza isabukuru...

“The Beast”: Imodoka ya Perezida wa Amerika itinya amasasu n’ibisasu

“The Beast”: Imodoka ya Perezida wa Amerika itinya amasasu n’ibisasu

by MUNYANKINDI Alphonse
1 month ago

Imodoka ya Perezida wa United States izwi nka “The Beast” iri mu modoka zifite umutekano ukomeye kurusha izindi ku isi....

Next Post
Amasaha y’utubari yashyizwe saa kumi

Amasaha y'utubari yashyizwe saa kumi

Card B yateguje ibitaramo

Card B yateguje ibitaramo

Mr KAGAME

Mr KAGAME mu yindi isura: Indirimbo 28 nshya, intego yo kuba BIG 4 mu muziki

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.