• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubutabera

Urubanza rwa Kalisa Adople rwimuriwe ku wa 25 Nzeri 2025

Peacemaker PUNDIT by Peacemaker PUNDIT
September 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’uko Kalisa Adolphe agaragaje imbogamizi z’uko atabonye dosiye yasabye ko yahabwa igihe gihagije akitegura iburana.

Ku wa 19 Nzeri 2025 Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwaburanishije urubanza rwa Kalisa Adople uri kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku minsi 30.Yasomewe imyirondoro avuga ko ariyo.

Ni umusaza w’imyaka 63 y’amavuko wavukiye I Burundi.Yabwiwe ibyaha akurikiranyweho byose arabihakana. Ibyaha bibiri, icyo kunyereza umutungo icya kabiri ni uguhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.

Kalisa Adolphe umwunganira yagaragaje imbogamizi z’uko atamenyeshejwe dosiye ku buryo atanayizi. Ubushinjacyaha ntabwo bwamumenyesheje dosiye ye.

Umwunganira Bizimana Emmanuel nawe kwihuza na sisiteme byabanje kugorana.Ubushinjacyaha bwahawe umwanya buvuga ko ari uburenganzira bwe kubona dosiye.

Bwasobanuye ko yabajijwe yunganiwe ariko kuba ari ubwa mbere agejejwe imbere y’ubutabera ,Urukiko mu bushishozi bwarwo bwafata umwanzuro ukwiriye.Kalisa Adolphe yari yambaye inkweto z’ubururu, pantaloons y’ubururu n’ishati y’amabara menshi, uruhara ku mutwe n’amadarubindi y’umweru yambarwa n’abari mu zabukuru. Urukiko rwabajije Maitre Bizimana Emmanuel ko bahitamo umunsi bifuza.

Kalisa Adolphe yongoreye umwunganira ko iminsi itatu ihagije noneho urukiko rubasaba kudashyiramo intera ndende. Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko hari amasiganwa ategerejwe y’irushanwa ry’isi ry’amagare ku buryo bareba uko batazagongwa n’ayo masiganwa.

Uyoboye inteko iburanisha yabwiye Ubushinjacyaha ko urukiko baganiriye ku mbogamizi z’inzira mu gutebya avuga ko niyo abacamanza bajya bambara imyenda ya Sport bajya bagera ku rukiko ariko imanza zihuta zikaburanishwa. Urukiko rwimuriye iburanisha ku itariki 25 Nzeri 2025 saa tatu (ku wa kane)kugirango Kalisa Adolphe abanze ategure dosiye nk’uko abisabwa.Icyaha cyo guhimba, guhindura, cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano gihanwa n’ingingo ya 276 y’Itegeko Nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyo abihamijwe n’urukiko, umuntu ahanishwa igifungo kuva ku myaka itanu kugeza ku irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenga miliyoni eshanu cyangwa kimwe muri ibyo bihanoIngingo ya 10 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa iteganya ko uhamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze 10 n’ amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva ku nshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.

Previous Post

Kalisa Adolphe agiye kuburana

Next Post

Amasaha y’utubari yashyizwe saa kumi

Peacemaker PUNDIT

Peacemaker PUNDIT

IZINDI NKURU WASOMA

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Umuhungu wa Jose Chameleone, Abba Marcus Mayanja, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, ariko noneho si ku bijyanye n’umuziki cyangwa...

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Kigali ikomeje kugaragara nk’ahantu h’ingenzi ku ikarita y’imyidagaduro mpuzamahanga, aho biteganyijwe ko umuraperi Drake azataramira i Kigali, ku wa 10...

Uganda: Christopher Okello Onyum yategetswe kwiregura nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe

Uganda: Christopher Okello Onyum yategetswe kwiregura nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Urukiko rukuru rwa Kampala rwemeje ko hari ibimenyetso bihagije bisaba ko Christopher Okello Onyum, ukekwaho ubwicanyi bw’abana biciwe mu irerero...

Next Post
Amasaha y’utubari yashyizwe saa kumi

Amasaha y'utubari yashyizwe saa kumi

Card B yateguje ibitaramo

Card B yateguje ibitaramo

Mr KAGAME

Mr KAGAME mu yindi isura: Indirimbo 28 nshya, intego yo kuba BIG 4 mu muziki

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.