• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, May 14, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Urubanza rwa Jason Derulo rukomeje kuvugisha benshi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
May 3, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi Jason Derulo ari mu manza mu rukiko i Los Angeles, aho aregwa kwima umucuranzi we, Matthew Spatola uburenganzira ku ndirimbo yakunzwe cyane ku isi, Savage Love.

Mu buhamya bwe, Derulo yabwiye urukiko ko Spatola nta ruhare yagize mu guhanga iyi ndirimbo, ashimangira ko yamuhaye akazi nk’umucuranzi usanzwe mu gihe cy’amasaha atatu ubwo yakorwaga muri Mata 2020.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Rolling Stone avuga ko Nubwo Spatola yari yabwiye urukiko mbere ko Derulo ari we wamuhamagaye amusaba ko bafatanya kwandika iyi ndirimbo, Derulo we yahakanye ibi yivuye inyuma, kuko yavuze ko yamennye Spatola nyuma yo kuyandika, kandi ko iyo aba ashaka umuntu bafatanya kwandika, yari guhitamo uwo asanzwe azi.

Yagize ati: “Ntabwo nari muzi kuko sinari narigeze numva ibyo yakoze, kuki nari kumusaba ko dufatanya gukora indirimbo? Ibyo nta shingiro bifite.”

Derulo yemeye ko Spatola yacuranze neza gitari muri iyi ndirimbo, ariko ashimangira ko ibyo yakoze byose yabikoraga akurikije amabwiriza yamuhaga. Yavuze ko Spatola yaje muri iyi ndirimbo nubundi yaramaze gukundwa cyane ku isi, bityo ko nta mpamvu yari kugira yo kuyihindura cyane yari ihari.

Ku rundi ruhande, umwunganizi wa Spatola yanenze amagambo ya Derulo, avuga ko uyu muhanzi atakagombye kuringanya umusanzu we, kuko ibyasobanuye uko byakozwe bidafite aho bihuriye n’ukuri.

Ibi byatumye uru rubanza rukomeza gukurikirwana cyane aho hitezwe kureba niba koko Spatola yaragize uruhare mu ihangwa ry’iyi ndirimbo cyangwa niba yari umukozi usanzwe wahabwe akazi ko gucuranga gusa.

Previous Post

Kabako yisunze Sheebah Karungi mu bibazo bya TNS

Next Post

Filime 30 zitegerejwe ku isoko ry’Isi mu mpeshyi ya 2026

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Sheebah Karungi yagarutse ku makuru avugwa ko ari umutinganyi

Sheebah Karungi yagarutse ku makuru avugwa ko ari umutinganyi

by Alex RUKUNDO
1 hour ago

Sheebah Karungi yasubije ibibazo bimaze iminsi bivugwa, aho byavugaga ku buzima bwe mu rukundo ndetse n’ibyo akunda mu mibanire ye...

Yampano yasabiye imbabazi Djihad n’abandi bakurikiranweho  gusakaza amashusho

Yampano yasabiye imbabazi Djihad n’abandi bakurikiranweho  gusakaza amashusho

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusabira imbabazi abantu bakurikiranyweho kugira uruhare mu gusakaza amashusho...

Gisa cy’Inganzo na Ishimwe Clement baciye amarenga y’uko bashobora gukorana

Gisa cy’Inganzo na Ishimwe Clement baciye amarenga y’uko bashobora gukorana

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Umuhanzi Gisa cy’Inganzo yatangaje ko yiteguye kongera gukorana na Producer Ishimwe Karake Clement binyuze muri ‘studio’ y’inzu ifasha abahanzi mu...

Next Post
Filime 30 zitegerejwe ku isoko ry’Isi mu mpeshyi ya 2026

Filime 30 zitegerejwe ku isoko ry'Isi mu mpeshyi ya 2026

Uwahoze ari umukozi wa Chris Brown ari kwaka indishyi ya Miliyari 131 frw

Uwahoze ari umukozi wa Chris Brown ari kwaka indishyi ya Miliyari 131 frw

Christopher yasabye Kiliziya kujyana n’ibihe by’ikoranabuhanga

Christopher yasabye Kiliziya kujyana n'ibihe by’ikoranabuhanga

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika
Imikino

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

by MUNYANKINDI Alphonse
May 14, 2026
Indirimbo za Beyoncé Zibwe
Uncategorized

Indirimbo za Beyoncé Zibwe

by MUNYANKINDI Alphonse
May 14, 2026
Sheebah Karungi yagarutse ku makuru avugwa ko ari umutinganyi
Imyidagaduro

Sheebah Karungi yagarutse ku makuru avugwa ko ari umutinganyi

by Alex RUKUNDO
May 14, 2026
Amadarubindi ya AI yateje impaka
Ikoranabuhanga

Amadarubindi ya AI yateje impaka

by MUNYANKINDI Alphonse
May 14, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.