• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 24, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 30, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko nyakwigendera Jeffrey Epstein yamwibye abakozi bakiri bato barimo na Virginia Giuffre, ubwo yabakuraga kuri club ye ya Mar-a-Lago, aho bakoraga mu gice cya spa

Ibi Trump yabivuze ku wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, imbere y’itangazamakuru ryari rimuherekeje mu ndege ya Air Force One, ubwo yavaga muri Scotland agaruka i Washington.

Uyu mu perezida yari abajijwe n’umunyamakuru ibisobanuro ku byo aherutse kuvuga, ko yatandukanye na Epstein kubera ko “yamwibye” abakozi. Ku munsi wabanje, Trump yari yavuze ko yirukanye Epstein muri Mar-a-Lago “kubera ko yakoze ikintu kigayitse”, yongeraho ko “yibye abantu bamukoreraga.”

Ubwo yabazwaga niba umwe mu bakozi yemezaga ko Epstein yamutwaye ari Virginia Giuffre, Trump yasubije agira ati:“Ni byo, ni byo koko. Bari abantu bakoraga muri spa. Ntekereza ko [Giuffre] yakoraga muri spa. Yaramuntwaye. Ariko kandi, nta kirego na kimwe yari afite ku bijyanye nanjye, nk’uko mubizi. Nta na kimwe.”

Giuffre ni umwe mu bagore bashinja Epstein gukoresha abana ubusambanyi. Mu buhamya yatanze mbere y’urupfu rwe, yavuze ko mu mwaka wa 2000, ubwo yari afite imyaka 16, yashutswe na Ghislaine Maxwell ubwo yakoraga muri spa ya Mar-a-Lago, akajyanwa kwa Epstein aho yafashwe ku ngufu. Yavuze ko nyuma Epstein na Maxwell bamwohereje ku bandi bagabo b’ibikomerezwa barimo n’igikomangoma Andrew w’u Bwongereza.

Trump n’itsinda rimushyigikiye bakomeje kugerageza kwitandukanya na Epstein, ariko amagambo ye mashya arimo ko Giuffre yamutwaye akiri muto, akomeje gutera urujijo ku gihe nyacyo ibyo byose byabereye m’urwego Trump yabagamo.

Trump yigeze kugirana ubucuti bwa hafi na Epstein mu myaka ya 1990 na 2000, ndetse mu kiganiro yahaye ikinyamakuru New York Magazine mu 2002 yavuze amagambo amushimagiza.

Ati:“Namumenye mu myaka 15 ishize. Ni umuntu mwiza cyane. Ni umuntu ushimishije iyo muri kumwe. Kandi bavuga ko akunda abakobwa beza cyane, kimwe nanjye, ndetse bamwe muri bo bakaba ari abakiri bato.”

Nubwo Trump avuga ko yirukanye Epstein mu 2004, ubushakashatsi bwakozwe n’umunyamakuru Sarah Blaskey wa Miami Herald, bugaragaza ko Epstein yakomeje kugera muri Mar-a-Lago kugeza mu 2007, ubwo yari amaze gutabwa muri yombi bwa mbere ashinjwa gushuka umwana ku byerekeye imibonano mpuzabitsina.

Ghislaine Maxwell, ushinjwa kuba yarafatanyije na Epstein gucura imigambi yo gukoresha abana ubusambanyi, ubu afungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho akatiriwe imyaka 20 y’igifungo. Aherutse gutangaza ko yifuza gutanga ubuhamya imbere ya Kongere y’Amerika, ariko asaba ko yabanza guhabwa ubudahangarwa.

Previous Post

Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Next Post

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
8 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Ku nshuro ya mbere muri Tanzania hatowe umukobwa uhiga abandi mu buranga ngo azahagararire iki igihugu muri Miss World Tanzania...

Next Post
Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka yabereye muri RDC

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka yabereye muri RDC

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.