• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Senderi International Hit yasusurukije abaturage ba Nyagatare

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 27, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe abandi bahanzi benshi bizihiza isabukuru y’imyaka bamaze mu muziki binyuze mu bitaramo bikomeye bibera i Kigali cyangwa mu mijyi minini, Senderi International Hit yahisemo inzira idasanzwe, kugaruka mu baturage bamukuze no kubataramira aho bari hose mu gihugu.

Kuva yatangira uru rugendo rwo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, Senderi yagaragaje ko intego ye atari ugutera imbere wenyine, ahubwo ari ugusangira umunezero n’abamushyigikiye kuva kera.

Ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025, uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Ibidakwiye nzabivuga’, ‘Aragiye, Ndanyuzwe’, ‘Twaribohoye’, ‘Nta Cash’ n’izindi nyinshi, yataramiye mu murenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare.

Senderi ashobora kuba ari we muhanzi wa mbere uzasiga amateka yo gutaramira mu turere twose tw’u Rwanda 

Ku munsi wakurikiyeho, kuwa Gatandatu tariki 25 Ukwakira 2025, yakomereje i Ngarama mu Karere ka Gatsibo, aho yasusurukije imbaga y’abakunzi be mu gitaramo cyaranzwe n’ibyishimo, urwenya n’amagambo yuje urukundo rw’igihugu.

Uyu mushinga wo kwizihiza imyaka 20 mu muziki uzamugeza mu turere 12 mu gihugu hose — igikorwa giteye amateka kuko kizaba gitumye aba umuhanzi wa mbere mu Rwanda wigeze gutaramira mu turere twose uko ari 30.

Senderib yabwiye InyaRwanda ati “Nashatse gusubira aho byose byatangiriye. Ntabwo byari ngombwa ko mbikorera i Kigali gusa. Abanyarwanda bose ni bo banjyanye aho ndi uyu munsi, rero ndashaka ko bose babyumva.”

Yongeraho ko iyi gahunda ayifata nk’ “urugendo rwo gushimira Imana n’Abanyarwanda bose bamuhaye urubuga rwo gukoresha impano ye.”

Kuri ubu, nyuma yo gutaramira mu turere 18, aracyateganya gukomereza mu dusigaye 10, aho azasoza urugendo rwe rw’imyaka 20 mu muziki rugamije kugaragaza ko umuziki nyarwanda ushobora kugera kuri buri wese, aho ari hose mu gihugu.

Abanya-Gatsibo baririmbanye na Senderi mu gitaramo cyahinduye umujyi wabo urusengero rw’umunezero 

Mu myaka 20 amaze mu muziki, Senderi Hit yabaye umwe mu bahanzi bafite indirimbo zifite ubutumwa bubaka. Akenshi yagiye akoresha injyana y’Afrobeat n’iza gakondo zifite umudiho wihariye w’u Rwanda.

Yaririmbye kuri ghunda z’Igihugu, abahanzi n’imibereho isanzwe, ari nabyo bituma indirimbo ze zisanga benshi mu buryo bworoshye.

Ati “Iyo ndirimbye, sinshaka gusa ko abantu babyina. Nshaka ko basohoka bafite icyo bungutse. Niba ari uguseka, baba bakize umunaniro. Niba ari indirimbo y’ubutumwa, baba bungutse isomo.”

Uru rugendo rwo kwizihiza imyaka 20 ruzasozwa mu mpera z’umwaka wa 2025, nyuma yo gusura uturere 10 dusigaye. Senderi avuga ko azarangiza ataramye mu gitaramo gikomeye cy’i Kigali, aho azatumira bagenzi be bo mu myaka inyuranye.

Ati “Ndasoza nshimira Imana kuko niyo yampaye impano. Abafana bo ni abanjye burundu. Icyo mbizeza ni uko nzakomeza kubahesha ishema, kandi nkomeza kuririmba ibivuga ku Rwanda n’Abanyarwanda.”

Mu gihe abahanzi benshi bibanda ku gukora indirimbo nshya, Senderi yahisemo gusubira mu mizi, aho umuziki we wakuze. Uru rugendo rwe rw’imyaka 20 ntabwo ari urw’umuhanzi watsinze, ahubwo ni urw’umunyabigwi wemeje ko ubuhanzi bw’ukuri bukorwa ku mutima, si ku rubuga rwa YouTube gusa.

Previous Post

Miss Mutesi Joll ukunzwe mu Rwanda ni muntu iki??

Next Post

Audrey Eckert niwe wegukanye ikamba rya ‘Miss USA 2025’

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Audrey Eckert niwe wegukanye ikamba rya ‘Miss USA 2025’

Audrey Eckert niwe wegukanye ikamba rya ‘Miss USA 2025’

Ni umuryango wamfashije kwegerana n’Imana- Sarah Sanyu 

Ni umuryango wamfashije kwegerana n'Imana- Sarah Sanyu 

Regina Daniels yavugishije benshi nyuma yo kugura inzu

Regina Daniels yavugishije benshi nyuma yo kugura inzu

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.