• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nta nshuti n’imwe tugira akandi ibyo bitera agahinda abahanzi – Fille Muton

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 7, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi benshi bagira agahinda gakabije ari ukubura inshuti nyakuri, bigatuma bagira ubuzima bubi.

Fille Mutoni yanyuze mu bihe bikomeye birimo kwiheba no kugira agahinda gakabije, gukoresha ibiyobyabwenge no kujya mu bigo bifasha ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Fille avuga ko nubwo bamwe mu byamamare baba bafite ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga babarirwa muri za miliyoni, akenshi baba badafite n’inshuti n’imwe nyakuri.

Ati “Dufite abayoboke babarirwa muri za miliyoni, ariko nta nshuti n’imwe dufite. Aba bafana bose badushyigikira kandi baduha amashyi menshi igihe turi ku rubyiniro ni benshi cyane, ariko ntidufite n’umuntu n’umwe waguhamagara akakubaza uko wabyutse cyangwa uko waraye.’’

Yongeyeho ko no mu miryango yabo, hari ubwo batabafata nk’abantu bafite n’ibibazo, ahubwo bakabareba nk’abagomba guhora batanga amafaranga.

Ati “Uretse mama cyangwa papa wawe, nta wundi muntu ukwitaho. Tubura uwo tuganira na we ku bibazo byacu by’imbere mu mutima, ndetse n’abagize umuryango bamwe badufata nk’imashini zitanga amafaranga. Nta muntu ugutwara ngo muganire musangira ikawa, muganire ku buzima uko bugenda n’uko bukwiriye kuba bumeze.’’

Ibyo bituma bashaka uko biyibagiza iby’ubuzima busanzwe, bagatangira gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma bikabashora mu kwiyandarika.

Ati “Iyo dutambutse ku rubyiniro, amashyi aba menshi cyane, Isi ikamera nk’ihagaze akanya gato. Ariko iyo uhavuye, uba uri wenyine kurusha undi wese. Ni yo mpamvu ushaka ikintu cyo kukugumisha mu mutuzo no kukugufasha kwihanganira ubwo bwigunge.’’

Uyu muhanzi avuga ko ubu yahisemo guhindura ubuzima bwe burundu, agaruka mu muziki agamije kwisubiza icyubahiro cye no gufasha abandi bahanzi n’abaturage muri rusange kwirinda ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge.

Fille Mutoni yanatangaje ko adakoresha telefone zigezweho (smartphones), kuko yirinda kureba ibintu bishobora kumusubiza mu bibazo yanyuzemo.

Kugeza ubu yamaze gusubira muri studio, aho abakunzi be bagaragaza icyizere ko azongera kwisubiza izina yari afite mu muziki.

Previous Post

Yago asoje Album ya gatatu mu myaka itatu gusa amaze atangiye umuziki

Next Post

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
24 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi - Pastor Wilson Bugembe

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye – Alyn Sano

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye - Alyn Sano

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.