• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, June 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nta nshuti n’imwe tugira akandi ibyo bitera agahinda abahanzi – Fille Muton

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 7, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi benshi bagira agahinda gakabije ari ukubura inshuti nyakuri, bigatuma bagira ubuzima bubi.

Fille Mutoni yanyuze mu bihe bikomeye birimo kwiheba no kugira agahinda gakabije, gukoresha ibiyobyabwenge no kujya mu bigo bifasha ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Fille avuga ko nubwo bamwe mu byamamare baba bafite ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga babarirwa muri za miliyoni, akenshi baba badafite n’inshuti n’imwe nyakuri.

Ati “Dufite abayoboke babarirwa muri za miliyoni, ariko nta nshuti n’imwe dufite. Aba bafana bose badushyigikira kandi baduha amashyi menshi igihe turi ku rubyiniro ni benshi cyane, ariko ntidufite n’umuntu n’umwe waguhamagara akakubaza uko wabyutse cyangwa uko waraye.’’

Yongeyeho ko no mu miryango yabo, hari ubwo batabafata nk’abantu bafite n’ibibazo, ahubwo bakabareba nk’abagomba guhora batanga amafaranga.

Ati “Uretse mama cyangwa papa wawe, nta wundi muntu ukwitaho. Tubura uwo tuganira na we ku bibazo byacu by’imbere mu mutima, ndetse n’abagize umuryango bamwe badufata nk’imashini zitanga amafaranga. Nta muntu ugutwara ngo muganire musangira ikawa, muganire ku buzima uko bugenda n’uko bukwiriye kuba bumeze.’’

Ibyo bituma bashaka uko biyibagiza iby’ubuzima busanzwe, bagatangira gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma bikabashora mu kwiyandarika.

Ati “Iyo dutambutse ku rubyiniro, amashyi aba menshi cyane, Isi ikamera nk’ihagaze akanya gato. Ariko iyo uhavuye, uba uri wenyine kurusha undi wese. Ni yo mpamvu ushaka ikintu cyo kukugumisha mu mutuzo no kukugufasha kwihanganira ubwo bwigunge.’’

Uyu muhanzi avuga ko ubu yahisemo guhindura ubuzima bwe burundu, agaruka mu muziki agamije kwisubiza icyubahiro cye no gufasha abandi bahanzi n’abaturage muri rusange kwirinda ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge.

Fille Mutoni yanatangaje ko adakoresha telefone zigezweho (smartphones), kuko yirinda kureba ibintu bishobora kumusubiza mu bibazo yanyuzemo.

Kugeza ubu yamaze gusubira muri studio, aho abakunzi be bagaragaza icyizere ko azongera kwisubiza izina yari afite mu muziki.

Previous Post

Yago asoje Album ya gatatu mu myaka itatu gusa amaze atangiye umuziki

Next Post

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi - Pastor Wilson Bugembe

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye – Alyn Sano

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye - Alyn Sano

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.