• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 24, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umunyezamu wamenyekanye cyane mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Kimenyi Yves, yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga afite imyaka 34, ariko ahita atangaza umushinga mushya yise Beyond 90.

Uyu mushinga ugamije gufasha abakinnyi gutekereza ku buzima bwabo burenze iminota 90 y’umukino.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Kimenyi yavuze ko imvune ikomeye yagize ari yo yamuhatiye gufata icyemezo cyo guhagarika gukina, nubwo atari cyo yari yifuza.

Iyo mvune yayigize mu 2023, ubwo yari kumwe na AS Kigali basuye Musanze FC, aho yavunitse ‘tibia’ bikomeye.

Yagize ati: “Nagerageje kugaruka mu kibuga inshuro nyinshi, nkora imyitozo n’ubuvuzi bushoboka bwose, ariko umubiri wanze kugaruka uko nari niteze.”

Kimenyi yatangiye urugendo rwe nk’uwabigize umwuga mu 2012 muri Isonga FC, mbere yo kwerekeza muri APR FC aho yamaze imyaka itanu atwara ibikombe bitandukanye.

 Yanyuze kandi muri Rayon Sports ndetse no muri SC Kiyovu Sports, aho yibuka nk’ahantu yagiriye ibihe byiza by’umwihariko.

Yashimye kandi amahirwe yagize yo kwambara umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, agaragaza ko ari ishema azahorana. Ati: “Gukinira igihugu cyawe ni inzozi z’umukinnyi wese. Nishimira ko nanjye nabigezeho.”

Nubwo asezeye mu kibuga, Kimenyi yavuze ko atavuye muri ruhago. Umushinga Beyond 90 yatangije ugamije gufasha abakinnyi gutegura ejo hazaza habo, cyane cyane mu bijyanye n’imishinga, imari n’imitekerereze yo kwiyubaka nyuma yo guhagarika gukina.

Ati: “Abakinnyi benshi dutekereza ku mupira gusa, ariko ubuzima burakomeza na nyuma yawo. Ndashaka gutanga umusanzu mu gutuma buri mukinnyi atekereza kure, akagira icyerekezo cy’ejo hazaza.”

Kimenyi Yves asize izina rikomeye mu mateka ya ruhago nyarwanda, ariko urugendo rwe rushya rwerekana ko n’iyo umukino urangira, indi ntangiriro iba itangiye.

Previous Post

Rachel K avuga ku mibanire myiza n’umuryango nubwo batandukanye mu myemerere

Next Post

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
9 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Okwi: U Rwanda rwigishije isi amasomo akomeye

Okwi: U Rwanda rwigishije isi amasomo akomeye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 week ago

Rutahizamu wa Police FC, Emanuel Arnold Okwi, yavuze ko kuba aba kandi akinira umupira mu Rwanda bitamubereye gusa akazi, ahubwo...

#Kwibuka32: Abakinnyi b’Amavubi na FERWAFA bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

#Kwibuka32: Abakinnyi b’Amavubi na FERWAFA bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango...

Next Post
Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.