• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, June 15, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umunyezamu wamenyekanye cyane mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Kimenyi Yves, yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga afite imyaka 34, ariko ahita atangaza umushinga mushya yise Beyond 90.

Uyu mushinga ugamije gufasha abakinnyi gutekereza ku buzima bwabo burenze iminota 90 y’umukino.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Kimenyi yavuze ko imvune ikomeye yagize ari yo yamuhatiye gufata icyemezo cyo guhagarika gukina, nubwo atari cyo yari yifuza.

Iyo mvune yayigize mu 2023, ubwo yari kumwe na AS Kigali basuye Musanze FC, aho yavunitse ‘tibia’ bikomeye.

Yagize ati: “Nagerageje kugaruka mu kibuga inshuro nyinshi, nkora imyitozo n’ubuvuzi bushoboka bwose, ariko umubiri wanze kugaruka uko nari niteze.”

Kimenyi yatangiye urugendo rwe nk’uwabigize umwuga mu 2012 muri Isonga FC, mbere yo kwerekeza muri APR FC aho yamaze imyaka itanu atwara ibikombe bitandukanye.

 Yanyuze kandi muri Rayon Sports ndetse no muri SC Kiyovu Sports, aho yibuka nk’ahantu yagiriye ibihe byiza by’umwihariko.

Yashimye kandi amahirwe yagize yo kwambara umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, agaragaza ko ari ishema azahorana. Ati: “Gukinira igihugu cyawe ni inzozi z’umukinnyi wese. Nishimira ko nanjye nabigezeho.”

Nubwo asezeye mu kibuga, Kimenyi yavuze ko atavuye muri ruhago. Umushinga Beyond 90 yatangije ugamije gufasha abakinnyi gutegura ejo hazaza habo, cyane cyane mu bijyanye n’imishinga, imari n’imitekerereze yo kwiyubaka nyuma yo guhagarika gukina.

Ati: “Abakinnyi benshi dutekereza ku mupira gusa, ariko ubuzima burakomeza na nyuma yawo. Ndashaka gutanga umusanzu mu gutuma buri mukinnyi atekereza kure, akagira icyerekezo cy’ejo hazaza.”

Kimenyi Yves asize izina rikomeye mu mateka ya ruhago nyarwanda, ariko urugendo rwe rushya rwerekana ko n’iyo umukino urangira, indi ntangiriro iba itangiye.

Previous Post

Rachel K avuga ku mibanire myiza n’umuryango nubwo batandukanye mu myemerere

Next Post

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Arsenal yegukanye igikombe cya Premier League 2025-2026, isubira ku ntebe y’icyubahiro nyuma y’imyaka 22 yose itagitwara. Iyi ntsinzi yemejwe nyuma...

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

by MUNYANKINDI Alphonse
1 month ago

Kwitabira Igikombe cy’Isi cya FIFA biha ibihugu amafaranga menshi, kwamamara ku rwego mpuzamahanga n’ibyishimo bikomeye mu baturage, bikanafasha guteza imbere...

Next Post
Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.